Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje kugaragara abantu bitwaje imbunda ziremereye, bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR ufatanya n’igisirikare cya DRC.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko aba bantu bagaragaye mu gace ka Mishipo muri Lokarite ya Makungurano.

Nanone kandi amakuru avuga ko umujenerali uzwi ku izina rya Mudayonga ukomoka muri Teritwari ya Masisi, na we amaze iminsi ageze muri aka gace ka Mishipo mu minsi micye ishize, aho yaje aherekejwe n’abarwanyi be babarirwa mu ijana baje na bo bafite imbunda zirimo izoroheje n’iziremereye.

Kugeza ubu ntiharamenyekana ikigenza aba barwanyi n’intwaro bitwaje, gusa amakuru aturuka muri aka gace bakomeje kugaragaramo, avuga ko umuyobozi w’abagatuyemo, yabasabye kuhava.

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byazamuye ikibazo cy’umutekano mucye muri aka gace, ndetse ko byatumye abaturage bahatuye batangira guhungira mu bindi bice bihegereye.

Gikomeza kivuga ko kuva aba barwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe wa FDLR, bagera muri aka gace, baherutse no kurasa urufaya rw’amasasu kugira ngo batere ubwoba abaturage, mu gihe ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukomeje guhamagarira inzego zo hejuru kugira icyo zikora.

Ni mu gihe kandi mu bice binyuranye byo mu burasirazuba bwa DRC, hakomeje kuvugwa gukaza imbaraga ku ruhande rwa Leta ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23, ahavugwa ko rukomeje kongera umubare w’abarwanyi ndetse n’intwaro.

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zishyize umukono ku masezerano y’amahoro, anasaba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kwitandukanya n’umutwe wa FDLR no kuwurandura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ufa says:
    3 weeks ago

    I seriously love your website.. Great colors & theme. Did you
    make this amazing site yourself? Please reply back as I’m planning
    to create my own website and would love to learn where you got this from or just what the theme is named.
    Thanks!

    Reply

Leave a Reply to ufa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Next Post

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Related Posts

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

by radiotv10
29/07/2025
0

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, yagaragaye atwaye imodoka ishaje yo mu bwoko bwa Toyota Previa, agenda mu muhanda...

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

by radiotv10
29/07/2025
0

Abantu 34 bo muri Lokarite ya Kiraku muri Teritwari ya Walikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagize ibibazo birimo...

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

IZIHERUKA

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje
AMAHANGA

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk'itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.