Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje kugaragara abantu bitwaje imbunda ziremereye, bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR ufatanya n’igisirikare cya DRC.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko aba bantu bagaragaye mu gace ka Mishipo muri Lokarite ya Makungurano.

Nanone kandi amakuru avuga ko umujenerali uzwi ku izina rya Mudayonga ukomoka muri Teritwari ya Masisi, na we amaze iminsi ageze muri aka gace ka Mishipo mu minsi micye ishize, aho yaje aherekejwe n’abarwanyi be babarirwa mu ijana baje na bo bafite imbunda zirimo izoroheje n’iziremereye.

Kugeza ubu ntiharamenyekana ikigenza aba barwanyi n’intwaro bitwaje, gusa amakuru aturuka muri aka gace bakomeje kugaragaramo, avuga ko umuyobozi w’abagatuyemo, yabasabye kuhava.

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byazamuye ikibazo cy’umutekano mucye muri aka gace, ndetse ko byatumye abaturage bahatuye batangira guhungira mu bindi bice bihegereye.

Gikomeza kivuga ko kuva aba barwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe wa FDLR, bagera muri aka gace, baherutse no kurasa urufaya rw’amasasu kugira ngo batere ubwoba abaturage, mu gihe ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukomeje guhamagarira inzego zo hejuru kugira icyo zikora.

Ni mu gihe kandi mu bice binyuranye byo mu burasirazuba bwa DRC, hakomeje kuvugwa gukaza imbaraga ku ruhande rwa Leta ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23, ahavugwa ko rukomeje kongera umubare w’abarwanyi ndetse n’intwaro.

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zishyize umukono ku masezerano y’amahoro, anasaba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kwitandukanya n’umutwe wa FDLR no kuwurandura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ufa says:
    7 months ago

    I seriously love your website.. Great colors & theme. Did you
    make this amazing site yourself? Please reply back as I’m planning
    to create my own website and would love to learn where you got this from or just what the theme is named.
    Thanks!

    Reply

Leave a Reply to ufa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Next Post

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Related Posts

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

by radiotv10
03/02/2026
0

Mu biganiro byongeye kubera i Doha muri Qatar, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku...

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

by radiotv10
03/02/2026
0

The Government of the DRC and AFC/M23 have signed an agreement calling for an immediate cessation of hostilities and full...

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

by radiotv10
02/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Iran bwaburiye ko mu Burasirazuba bwo Hagati hashobora kwaduka intambara mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America yashyira...

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku makuru agoretse yatanzwe n’ubutegetsi bwa Congo bwuririye ku byago byishe abarenga 200

by radiotv10
02/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryavuze ko ryababajwe bikomeye n’imyitwarire y’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku makuru y’ikinyoma bwatanze ku mpanuka...

Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

by radiotv10
02/02/2026
0

Imibereho mibi yibasiye impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Busuma mu Ntara ya Buhumuza mu Gihugu cy’u Burundi, ikomeje gutuma...

IZIHERUKA

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

by radiotv10
03/02/2026
0

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

03/02/2026
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk'itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.