Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

radiotv10by radiotv10
05/05/2026
in MU RWANDA
0
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’lkigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha ko izitangirwa ku ikoranabuhanga zo zizakomeza. Iki kigo na cyo gikorera mu nyubako ikoreramo RDB yabaye ihagaritswe by’agateganyo.

Iki Kigo gitangaje ibi nyuma yuko Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) kuri uyu wa Mbere tariki 04 rutangaje ko guhera none tariki 05 Gicurasi 2026, inyubako yarwo izafungwa by’agateganyo kubera imirimo yateganyijwe yo kuyivugurura.

Iyi nyubako iherereye ku Gishushu mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo, isanzwe ikoreramo ibindi Bigo bya Leta binyuranye, birimo iki cya RDB, lkigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA/Rwanda Housing Authority), n’Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze mu Rwanda (RMB/Rwanda Mines, Oil and Petroleum Board).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi, lkigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), cyashyize hanze itangazo rimenyesha abantu bose ko serivisi cyatangiraga ku Biro byacyo, zabaye zihagaze.

Iri tangazo rifite umutwe ugira uti “Guhagarika by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro bya REMA” rikomeza rigira riti “Ubuyobozi bw’lkigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga bidukikije (REMA) buramenyesha abakigana ko serivisi zatangirwaga ku biro bya REMA zizaba zihagaze.”

Rikomeza rigira riti “REMA irizeza abayigana bose ko serivisi zizakomeza gutangwa n’abakozi babishinzwe bifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga.”

Ubuyobozi bwa REMA kandi bwagaragaje imyirondoro y’abakozi bayo bashobora gufasha abifuza serivisi zinyuranye, zirimo izijyanye n’amasashe na pulasitike zikoreshwa rimwe, iby’uruhushya rwo gutumiza mu Rwanda moto zakoreshejwe, Icyemezo cy’igenzura ry’ibidukikije, ndetse n’izijyanye n’amabwiriza ajyanye n’imicungire y’imyanda irimo ibinyabutabire byica (uburozi).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − nine =

Previous Post

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Related Posts

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

by radiotv10
05/05/2026
0

There’s a quiet confusion many people live with: “I earn well… so why am I still broke?” On paper, everything...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

by radiotv10
04/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa...

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), bwatangaje ko inyubako nshya rukoreramo kuva muri 2023 n'ibindi bigo binyuranye, igiye kuba...

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

by radiotv10
05/05/2026
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwatangaje ko ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi by’uyu mwaka bigiye kuba ku nshuro...

IZIHERUKA

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo
MU RWANDA

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

05/05/2026
Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

04/05/2026
Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

04/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.