Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

radiotv10by radiotv10
05/05/2026
in MU RWANDA
0
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’lkigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha ko izitangirwa ku ikoranabuhanga zo zizakomeza. Iki kigo na cyo gikorera mu nyubako ikoreramo RDB yabaye ihagaritswe by’agateganyo.

Iki Kigo gitangaje ibi nyuma yuko Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) kuri uyu wa Mbere tariki 04 rutangaje ko guhera none tariki 05 Gicurasi 2026, inyubako yarwo izafungwa by’agateganyo kubera imirimo yateganyijwe yo kuyivugurura.

Iyi nyubako iherereye ku Gishushu mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo, isanzwe ikoreramo ibindi Bigo bya Leta binyuranye, birimo iki cya RDB, lkigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA/Rwanda Housing Authority), n’Ikigo Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze mu Rwanda (RMB/Rwanda Mines, Oil and Petroleum Board).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi, lkigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), cyashyize hanze itangazo rimenyesha abantu bose ko serivisi cyatangiraga ku Biro byacyo, zabaye zihagaze.

Iri tangazo rifite umutwe ugira uti “Guhagarika by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro bya REMA” rikomeza rigira riti “Ubuyobozi bw’lkigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga bidukikije (REMA) buramenyesha abakigana ko serivisi zatangirwaga ku biro bya REMA zizaba zihagaze.”

Rikomeza rigira riti “REMA irizeza abayigana bose ko serivisi zizakomeza gutangwa n’abakozi babishinzwe bifashishije uburyo bw’ikoranabuhanga.”

Ubuyobozi bwa REMA kandi bwagaragaje imyirondoro y’abakozi bayo bashobora gufasha abifuza serivisi zinyuranye, zirimo izijyanye n’amasashe na pulasitike zikoreshwa rimwe, iby’uruhushya rwo gutumiza mu Rwanda moto zakoreshejwe, Icyemezo cy’igenzura ry’ibidukikije, ndetse n’izijyanye n’amabwiriza ajyanye n’imicungire y’imyanda irimo ibinyabutabire byica (uburozi).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − one =

Previous Post

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

Next Post

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

by radiotv10
05/05/2026
0

The Ministry of Infrastructure has announced plans to convert vehicles that use petroleum products (petrol and diesel) into ones powered...

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

by radiotv10
05/05/2026
0

Rwanda has submitted its candidacy to be re-elected to the Council of the International Telecommunication Union (ITU) for the fifth...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU

U Rwanda rurashaka gutorwa ku nshuro ya gatanu mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Itumanaho ITU

by radiotv10
05/05/2026
0

U Rwanda rwatanze kandidatire yo kongera gutorerwa kuba mu Kanama k’Ihuriro Mpuzamahanga by’Itumanaho ITU (International Telecommunication) nyuma yo kubitorerwa inshuro...

IZIHERUKA

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa
AMAHANGA

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

by radiotv10
05/05/2026
0

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

05/05/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

05/05/2026
Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.