Abarwanyi b’Ihuriro rya AFC/M23 bigaruriye umujyi wa Tushunguti wo muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Epfo, bawukuyemo abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo, babanje gukozanyaho mu mirwano yamaze iminsi ibiri.
Amakuru dukesha ikinyamakauru ACTUALITE.CD, avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye uyu mujyi nyuma yuko ku wa Gatandatu bagabye igitero muri kariya gace kari kigaruriwe na Wazalendo.
Imirwano yakomeje kugeza ku Cyumweru, yatumye inyeshyamba za Wazalendo zisubira inyuma, bityo biha inzira AFC/M23 yo kongera kwigarurira Tushunguti, nyuma y’amezi hafi abiri igenzurwa n’uyu mutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo urwanira Leta ya Kinshasa.
Amakuru avuga ko inyeshyamba za Wazalendo zasubiye inyuma zerekeza i Biriko, muri Teritwari ya Walikale yegeranye n’iriya ya Kalehe ariko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.
Kwisubiza uyu mujyi wa Tushunguti kwa AFC/M23, bije mu gihe hari umutekano muke cyane muri aka gace k’uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Aka gace gaherereye ku mupaka wa Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru, kari ingenzi cyane kandi gahora gakorerwamo imirwano hagati y’ingabo zihanganye.
Iyi mirwano mishya ishobora kuzamura ubukana bw’ikibazo cy’ubutabazi muri kariya gace, cyakunze kuvugwa cyane mu mezi ashize n’abaturage benshi bahunze imirwano imaze igihe.
RADIOTV10









