• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

radiotv10by radiotv10
04/05/2026
in AMAHANGA
0
AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ibitero bikomeje kugabwa n’uruhande bahanganye birimo ibyibasira amatungo y’abaturage, bigamije gukomeza gushyira mu kaga ubuzima n’imibereho byabo.

Ni nyuma yuko kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026, uruhande rugizwe n’abarimo FARDC, rugabye ibitero mu bice binyuranye birimo ibyo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko mu rukerera rwo ku Cyumweru “uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwagabye igitero muri Lokarite ya Rushoga muri Teritwari ya Masisi. Abasivile bibasiwe kandi amatungo arenga 56 yishwe, amwe yakaswe ibice andi aricwa, bigaragaza umugambi w’iterabwoba ugamije gushyira mu kaca imibereho y’abaturage bo muri aka gace.”

Kanyuka yavuze kandi ko n’ubundi kuri iki Cyumweru, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye ibindi bitero byinshi, rukoresheje indege z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4.

Harimo igitero cyagabwe saa 11:53 ndetse n’ikindi cyabaye saa 14:40, byibasiye abaturage bo mu gace ka Lumbishi, ndetse n’ikindi cyabaye saa 13:20 muri Lokarite ya Rutare muri Teritwari ya Kalehe.

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko “Ibi bitero byasenye imitungo y’abaturage b’abasivile, bitera ubwoba mu baturage, ndetse benshi bava mu byabo barahunga.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yakomeje avuga ko bitewe n’ibi bikorwa byose bikomeje guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu, iri Huriro risaba umuryango mpuzamahanga kwita kuri ibi bikorwa bibi biriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, no kugira icyo ukora.

Yavuze kandi ko binakomeza guha umukoro iri Huroro rya AFC/M23 wo kurinda no kurwana ku baturage bibasiwe n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, bukomeje kugaragaza ko bushaka kubarimbura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 1 =

Previous Post

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Next Post

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.