• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC i Washington, ariko gicagase, kuko iki Gihugu gikomeje kuzana intwaro za rutura mu burasirazuba bwacyo ndetse cyanazanye abandi bacancuro.

Ibi byose biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bidateye kabiri iki Gihugu gishyize umukono ku masezerano y’Amahoro n’u Rwanda, yasinyiwe i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko icyizere u Rwanda rufite kituzuye “kubera impamvu ebyiri: aya masezerano ntabwo ari aya mbere ya Guverinoma y’u Rwanda na Congo, cyangwa se n’izindi mpande muri iyi myaka 25 ishize kubera ko hari amasezerano ageze nko ku icumi yashyizweho umukono kuva mu 1999 kandi hafi ya yose ntabwo yubahirijwe na Leta ya Congo.”

Minisitiri Nduhungirehe akomeza agaragaza indi mpungenge u Rwanda rufite, ishingiye ku myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo bukomeje kugaragaza ko bugishyize imbere inzira y’intambara.

Ati “Guverinoma ya Congo tuzi ko kuri terrain hariya mu burasirazuba bwa Congo bakomeje kuzana intwaro, utu tudege twirwara bita attack drones, ibifaru bikiza bagitumiza mu Bihugu bya Asia, ndetse hakaba n’abandi bacancuro baje […] ubu noneho haje abandi bacancuro baturutse mu Gihugu cya Colombia.”

Akomeza agira ati “Ibyo tubona mu burasirazuba bwa Congo bikaba bidahuye n’icyizere ndetse n’ibiganiro tugirana na Congo i Washington, ibyo rero bikaba biduha icyizere wenda ko hari umuhuza wabishyizemo ingufu ari we Leta Zunze Ubumwe za America hakaba noneho hari no kuba aya masezerano noneho yafashe ibibazo bitandukanye harimo n’ibiganiro bya Doha bitari bihari mu biganiro bya mbere bya Luanda.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane avuga ko nubwo izo mpungenge zose zihari ariko bizeye ko Leta Zunze Ubumwe za America nk’Igihugu cyiyemeje kuba umuhuza muri ibi bibazo, kizabishyiramo ingufu nk’uko gisanzwe ari n’Igihugu gikomeye, ku buryo DRC yazubahiriza ibyo yiyemeje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

Next Post

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.