Tuesday, May 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

radiotv10by radiotv10
05/05/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy’imirimo y’inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki gihano, rigaragaza uko gikorwa, ndetse n’ibikorwa n’uwagikatiwe birimo gutunganya ibishanga, kubaka ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashuri.

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026 rwahamije ibyaha Dj Toxxyk waregwaga ibirimo ibishingiye ku mpanuka yakoze umwaka ushize igahitana ubuzima bw’umupolisi wari mu kazi k’umutekano wo mu muhanda.

Ibihano byafatiwe uyu muvangamiziki, ni igihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange cy’amezi atatu ariko asubitse mu gihe cy’amezi atandatu, ndetse gutanga ihazabu ya miliyoni 1,5 Frw.

 

Itegeko rivuga iki ku gihano cy’imirimo y’inyungu rusange

Uwakatiwe igihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange, iteganywa n’Iteka rya Perezida N°66/01 ryo kuwa 02/11/2012 rigena uburyo TIG ishyirwa mu bikorwa.

Ingingo ya kabiri y’iri Teka igaragaza abantu bakora TIG, mu gaka karyo ka gatatu yerekana ko mu bakora iki gihano harimo uwahamwe n’icyaha gihanishwa igifungo kitarenze imyaka itanu (5).

Iri Teka rigaragaza ko uwakatiwe iki gihano cy’imirimo nsimburagifungo, akora iminsi itatu mu cyumweru, akaba asabwa gukora amasaha atanu ku munsi.

Imwe mu mirimo ikorwa nk’uko igaragara mu ngingo ya gatandatu y’iri Teka, Kurwanya isuri; Gufata neza inzuzi n’ibiyaga; Gufata neza ibidukikije, gutera ibiti no gukorera amashyamba; Gutunganya ibishanga n’amaterasi y’indinganire; Gukora Imirimo y’ubwubatsi; Gufata neza amazu ya Leta n’ibindi byo mu mutungo wayo, nk’ubusitani abantu baruhukiramo n’ubusitani bw’umurimbo; Kubaka no gusana amashuri, ibitaro n’ibigo nderabuzima, amazu y’abatishoboye n’ibibuga by’imikino; Kubaka no gusana imihanda n’amateme;

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) nirwo rushinzwe gukurikirana abakatiwe n’inkiko igihano nsimburagifungo.

Umurimo wose ukorwa muri iyi mirimo, ucungwa n’urwego rwa TIG (TIG Service) mu nzego z’ibanze. RCS ishyira mu bikorwa ‘Community Services Penality’ aho uwagikatiwe n’Inkiko akora ibikorwa bitandukanye iminsi itatu mu cyumweru ataha iwe mu rugo, agakora amasaha atanu ku munsi.

Kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2025 hari abagororwa 4 836 bakatiwe iki gihano n’Inkiko, ababonetse mu Turere ni 1 571 muri bo 843 batangiye gukora ibihano bakatiwe hirya no hino mu Turere mu gihe abandi barimo gushakishwa kugira ngo na bo batangire.

Mu bihano byakatiwe Dj Toxxyk, harimo icy’imirimo nsimburagifungo y’inyungu rusange

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Related Posts

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Ubuyobozi bw'lkigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

by radiotv10
05/05/2026
0

There’s a quiet confusion many people live with: “I earn well… so why am I still broke?” On paper, everything...

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

by radiotv10
04/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa...

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), bwatangaje ko inyubako nshya rukoreramo kuva muri 2023 n'ibindi bigo binyuranye, igiye kuba...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

05/05/2026
Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

Why Some People Stay Broke Even With a Good Salary

05/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.