Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC, haba urugamba rushyushye

radiotv10by radiotv10
08/07/2022
in MU RWANDA
0
Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC, haba urugamba rushyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Urugamba rwongeye gusakirana hagati y’umutwe wa M23 n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho bari kurwanira mu gace kegereye ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo.

Iyi mirwanyo iremereye yabereye mu gace ka Nyabusoro kari mu birometero bitanu uvuye kuri iki Kigo cya Gisirikare cya Rumangabo kiri mu byigeze kurwanirwa mu mirwano ikarishye hagati ya M23 na FARDC.

Ni imirwano ibaye nyuma y’iminsi ibiri habaye inama yahuje Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na João Lourenço wa Angola, yari igamije kwigira hamwe ibibazo by’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa DRC      ongo.

Amakuru avuga ko umutwe wa M23 ari wo wagabye ibitero ku birindiro by’igisirikare cya Congo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Nyakanga 2022 ahitwa Rusenge.

Iyi mirwano hagati ya FARDC na M23 yari inakomeje kuva ejo ku wa Kane tariki 07 Nyakanga, yongeye kugaragaramo guhangana cyane mu buryo bw’imirwano nyuma yuko ubutegetsi bwa DRC butangarije ko muri iriya nama y’i Luanda yanzuye ko M23 igomba kuva mu birindiro byayo mu buryo bwihuse.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererane mu Rwanda, Dr Vincent Biruta, kuri uyu wa Gatanu yanyomoje amakuru yavugaga ko u Rwanda na DRC basinyanye amasezerano yo guhagarika intambara muri Congo.

Muri ubu butumwa yatambukije kuri Twitter ye, yagize ati “Nta masezerano y’ubwumvikane cyangwa yo guhagarika intambara yigeze asinywa.”

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC mu mirwano ikomeye, wo uherutse gutangaza ko udashobora kuva mu birindiro byawo kuko udashobora kongera kuva muri Congo ngo wongere usubire mu buhungiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + ten =

Previous Post

Musanze: Urujijo ku rupfu rw’umugabo basanze ku Kagari yapfuye yavuye amaraso

Next Post

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Isi ipfushije undi munyapolitiki ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.