Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Fayulu wizeye kuzayobora Congo yatangije ubukangurambaga bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Fayulu wizeye kuzayobora Congo yatangije ubukangurambaga bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Martin Fayulu watangaje ko adashobora korohera uwakongera kumwiba amajwi mumatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri 2023, yatangije ubukangurambaga bwiswe “1 dollar pour l’élection de Martin Fayulu” bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Uyu munyapolitiki ufite abayoboke batari bacye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangije ubu bukangurambaga nyuma yuko ishyaka rye rya ECDe (Engagement Citoyen pour le Development) rimaze kumwemeza nk’uzarihagararira mu matora.

Umwanzuro w’Inteko rusange y’iri shyaka yatangiye ku wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 i Kisangani, uvuga ko Martin Fayulu azaba Kandida Perezida muri aya matora.

Iri shyaka kandi ryashyizeho Komisiyo izategura imirongo migari igendeye ku migabo n’imigambi yaryo.

Uyu Munyapolitiki yahise agira ati “Ntabwo ndi Umukandida wanjye, ntabwo ndi uw’umuryango wanjye. Ndi umukandida uzageza ku baturage ibyiza biganisha ku mahoro, ituze, iterambere ndetse n’ahazaza henza h’abana b’iki Gihugu.”

Martin Fayulu ubwo yatangizaga iyi Nteko rusange, yongeye kwemeza ko yatsinze amatora aheruka yegukanywe na Felix Tshisekedi, ariko ko yibwe amajwi.

Yavuze ko muri aya matora ataha, adashobora kwemera kongera kwibwa amajwi, aboneraho gusaba abayoboke be kuzirara mu mihanda mu gihe baba bibwe, kugira ngo bigarurire intsinzi yabo.

Uyu munyapolitiki wakunze gushyira mu majwi u Rwanda, no muri uyu muhango wo gutangiza iyi Nteko Rusange y’Ishyaka rye, yongeye kurugarukaho, avuga ko ngo ibyo rukorera Igihugu cyabo ariko kiyobowe n’abantu batabikwiye batanabitsindiye.

Yasezeranyije Abanye-Congo ko naramuka atsinze aya matora azaba mu mpera z’umwaka utaha, azarandura burundu ibibazo by’umutekano byazahaje Uburasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

Next Post

Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa

Related Posts

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda
MU RWANDA

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

05/12/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa

Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye...Hamenyekanye uko azayihabwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.