Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Fayulu wizeye kuzayobora Congo yatangije ubukangurambaga bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in MU RWANDA
0
Fayulu wizeye kuzayobora Congo yatangije ubukangurambaga bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Martin Fayulu watangaje ko adashobora korohera uwakongera kumwiba amajwi mumatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri 2023, yatangije ubukangurambaga bwiswe “1 dollar pour l’élection de Martin Fayulu” bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Uyu munyapolitiki ufite abayoboke batari bacye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangije ubu bukangurambaga nyuma yuko ishyaka rye rya ECDe (Engagement Citoyen pour le Development) rimaze kumwemeza nk’uzarihagararira mu matora.

Umwanzuro w’Inteko rusange y’iri shyaka yatangiye ku wa Mbere tariki 11 Nyakanga 2022 i Kisangani, uvuga ko Martin Fayulu azaba Kandida Perezida muri aya matora.

Iri shyaka kandi ryashyizeho Komisiyo izategura imirongo migari igendeye ku migabo n’imigambi yaryo.

Uyu Munyapolitiki yahise agira ati “Ntabwo ndi Umukandida wanjye, ntabwo ndi uw’umuryango wanjye. Ndi umukandida uzageza ku baturage ibyiza biganisha ku mahoro, ituze, iterambere ndetse n’ahazaza henza h’abana b’iki Gihugu.”

Martin Fayulu ubwo yatangizaga iyi Nteko rusange, yongeye kwemeza ko yatsinze amatora aheruka yegukanywe na Felix Tshisekedi, ariko ko yibwe amajwi.

Yavuze ko muri aya matora ataha, adashobora kwemera kongera kwibwa amajwi, aboneraho gusaba abayoboke be kuzirara mu mihanda mu gihe baba bibwe, kugira ngo bigarurire intsinzi yabo.

Uyu munyapolitiki wakunze gushyira mu majwi u Rwanda, no muri uyu muhango wo gutangiza iyi Nteko Rusange y’Ishyaka rye, yongeye kurugarukaho, avuga ko ngo ibyo rukorera Igihugu cyabo ariko kiyobowe n’abantu batabikwiye batanabitsindiye.

Yasezeranyije Abanye-Congo ko naramuka atsinze aya matora azaba mu mpera z’umwaka utaha, azarandura burundu ibibazo by’umutekano byazahaje Uburasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

RDF yagaragarije izindi ngabo uko ihagaze mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga

Next Post

Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa

Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye...Hamenyekanye uko azayihabwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.