Thursday, June 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA
0
Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza, wazamuweho 88% naho uw’abarezi bafite impamyabumenyi za A1 na A0 ukaba wongereweho 40%.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite na Sena, ibimaze kugerwaho mu burezi bw’amashuri abanza n’ayisumbuye muri gahunda y’imyaka irindwi.

Dr Ngirente yagarutse kuri gahunda zigamije kuzamura imibereho y’abarimu aho Guverinoma yagiye izamura umushahara w’abarimu mu buryo butandukanye.

Kuri iyi ngingo, ni ho Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard yahamirije Inteko Ishinga Amategeko ko umushahara w’abarimu bigisha mu mashuri abanza, kuva muri uyu kwezi uzazamurwa kuri iki kigero cya 88%.

Minisitiri w’intebe Dr Edouard Ngirente yabwiye Intumwa za Rubanda n’Abashingamategeko ko Goverinoma y’u Rwanda ikomeje ibikorwa bigamije kuzamura imibareho y’abarimu.

Yavuze ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2022/2023, hakozwe amavugurura mu kongera umushahara wa mwarimu, avuga ko kuva muri uyu mwaka abarimu batazongera kongererwa 10% gusa nkuko byari bimaze igihe bikorwa.

Yavuze ko Leta yashyize mu byiciro abarimu ku buryo abigisha mu mashuri abanza (bafite A2) bazongererwa umushahara ku rugero rwa 88%, naho abafite impamyabumenyi ya A0 (bigisha mu mashuri yisumbuye) bazongererwa ku kigero rwa 40%.

Minisiteri y’Uburezi yahise ishyira hanze itangazo risobanura ibyo kuzamura umushahara wa mwarimu, rigaragaza ko abarimu bigisha bafite impamyabumenyi ya A2 ari 68 207 aho umwarimu yongerewe 50 849 Frw angana na 88% hagendewe ku mushahara wajyaga uhabwa umwarimu w’umutangizi.

Naho abarimu bigisha bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) ni 12 214 aho umushahara w’umwarimu muri iki cyiciro wongerewe 54 916 Frw angana na 40% hagendewe ku mushahara wacyurwaga n’umwari w’umutangizi.

Abarimu bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (A0) bo ni 17 547,  umushahara w’umwarimu wo muri iki cyiciro we akaba yongereweho 70 195 Frw.

Muri Mutarama 2019, Guverinoma y’u Rwanda yari yazamuye umushahara w’abarimu nkuko byari byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 28 Mutarama.

Iyi nama y’Abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame,  yari yemeje politike, gahunda n’ingamba birimo Inyongera y’icumi ku ijana (10%) ku mushahara w’abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta n’afashwa na Leta.

Kuba icyo abarimu bo mu Rwanda bagiye bongererwa 10% ku mushahara wabo buri mwaka, ibintu byakorwaga mu rwego rwo kuzamura imibereho ya mwarimu nk’imwe mu nkingi zikomeye zo kuzamura ireme ry’uburezi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Abasirikare ba MONUSCO baguye mu myigaragambyo bunamiwe hanatangwa ubutumwa bukomeye

Next Post

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Related Posts

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
26/06/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko inyandiko izashyirwaho umukono kuri uyu wa Gatanu, ari amasezerano y’amahoro hagati...

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

by radiotv10
26/06/2025
0

Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, uri mu bahuza mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC,...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

by radiotv10
26/06/2025
0

Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, haravugwa urupfu rw’umugabo wakubiswe ifuni na mugenzi we yashinjaga kumuca inyuma akamusambanyiriza...

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

by radiotv10
26/06/2025
0

Ububiko bwa Kompanyi ikusanya ibishingwe bigarwamo ibindi bikoresho, buherereye mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bwibasiwe n’inkongi y’umuriro...

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

Perezida Kagame yakiriye uwayoboye Banki Nyafurika itsura Amajyambere

by radiotv10
25/06/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Dr. Akinwumi Adesina wabaye Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), uri mu...

IZIHERUKA

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana
FOOTBALL

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

26/06/2025
Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

26/06/2025
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

26/06/2025
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

26/06/2025
Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

26/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Nyuma y’umunsi umwe asimbuwe ku mwanya wa Minisitiri yagizwe umuyobozi wa BK Group

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.