• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Ifoto y'umusirikare warashwe muri Kamena 2022

Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wo mu ngabo za Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma yo kubukandagiraho ubwo yirukankanaga abana ashaka kubambura intama bari baragiye.

Uyu musirikare yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 04 Kanama 2022, aho yarasiwe mu Mudugudu wa Cyamabuye mu Kagari ka Rusura Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, tavuze ko uyu Musirikare wa FARDC yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo yarimo yirukanka ku bana bari baragiye intama ashaka kuzibaka, akaza gushiduka yarenze umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abashinzwe umutekano ari barinze umupaka w’u Rwanda, bahise barasa uyu musirikare wari uvogereye ubusugire bw’u Rwanda, ahita ahasiga ubuzima.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig.Gen Ronald Rwivanga yemereye ikinyamakuru Umuseke iby’aya makuru, agira ati “Ni byo. Yambutse binyuranije n’amategeko araraswa.”

Umurambo we wahise unashyikirizwa ubuyobozi n’inzego z’umutekano za Congo, mu gikorwa cyabereye ku Mupaka wa Kabuhanga.

Uyu musirikare yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda nyuma y’ukwezi n’igice undi wa FARDC aharasiwe ubwo yinjiraga ku mupaka uzwi nka Petite Barrière arasa abaturage bambukaga ndetse n’abashinzwe umutekano.

Uwo musirikare warashwe tariki 17 Kamena 2022, na we yahise ahasiga ubuzima, umurambo we na wo ugahita ushyikirizwa inzego za Congo Kinshasa.

Uyu warashwe kuri uyu wa Kane, byabaye nyuma y’umunsi umwe habayeho gukozanyaho hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uku gukozanyaho kwabereye mu giturage cya Murambi muri Teritwari ya Nyiragongo ku wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022 nyuma yuko abasirikare ba Congo bashatse gufasha uwari utwaye magendu kwambuka umupaka mu buryo butemewe kuri borne ya 11.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru twanditse nka RADIOTV10, ivuga ko abasirikare bari ku burinzi kuri uyu mupaka bahise barekurekurira umuriro w’amasasu aba ba Congo hahita habaho gukozanyaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 11 =

Previous Post

DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23

Next Post

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.