• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Akari ku mutima w’Umunyamakurukazi Clarisse nyuma yo gusezerana mu Mategeko

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in SIPORO
0
Akari ku mutima w’Umunyamakurukazi Clarisse nyuma yo gusezerana mu Mategeko
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana uzwi mu biganiro bya Siporo uri mu bakunzwe mu Rwanda, wasezeranye mu mategeko, yavuze ko yiteguye kubana akaramata n’umukunzi we.

Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana ukorera imwe muri radio zikorera mu Rwanda, yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Kwizera Bertrand Festus mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 18 Kanama 2022 mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo.

Bamwe mu bafite amazina azwi mu Rwanda yaba Abanyamakuru ndetse n’abahanzi, bishimiye iyi ntambwe yatewe na Clarisse Uwimana, mu butumwa bagiye bashyira ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’amafoto y’uyu munyamakurukazi ari gusezerana.

Uyu munyamakurukazi na we yagaragaje akanyamuneza atewe no kuba mu gitabo cy’irangamimerere yamaze kuba uwarushinze.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Clarisse Uwimana yavuze ko kugeza ubu mu mategeko yamaze kurushinga, ati “Iteka nzahorana na we mukundwa.”

Uyu munyamakurukazi yavuze ko iyi tariki ya 18 Kanama 2022 yasezeraniyeho n’umukunzi we, ari iy’amateka mu buzima bwe.

Clarisse Uwimana yasezeranye mu matageko nyuma y’amezi abiri yuzuye yambitswe impeta y’urukundo na Kwizera Bertrand Festus mu gikorwa cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 19 Kamena 2022.

Amakuru yizewe avuga ko bazanakora indi mihango y’ubukwe mu ntangiro za Nzeri 2022, irimo gusezerana mu rusengero no gusaba no gukwa.

Clarisse Uwimana yasezeranye mu mategeko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + twelve =

Previous Post

Hatahuwe intandaro y’amashusho ya kwizera byavugwaga ko yinjiye idini ya Islam

Next Post

Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya

Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.