Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo iri mu zikomeye mu Rwanda bwashimiye Perezida Kagame wayigendereye

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA
0
Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo iri mu zikomeye mu Rwanda bwashimiye Perezida Kagame wayigendereye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Hoteli Cleo Lake Kivu iherereye mu Karere ka Karongi, ikaba imwe mu zikomeye mu Rwanda, bwashimiye Perezida Paul Kagame ku bwo kuyigenderera no ku nama nziza yabuhaye.

Iyi Hoteli iherereye mu nkengero z’Ikiyaga cya Kivu, uyirimo aba yitegeye iki Kiyaga, areba ubwiza bwacyo ari na ko agerwaho n’akayaga gahehera gaturutse muri aya mazi magari.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, yanagendereye iyi Hoteli iri muri nke mu Rwanda zifite ibyumba byakira abashyitsi b’icyubahiro barimo n’Abakuru b’Ibihugu.

Nyagahene Eugene, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ya Tele 10 Group irimo n’ishoramari ry’iyi hoteli ya Cleo Lake Kivu Hotel, yashimiye umukuru w’u Rwanda.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ni amashimwe menshi kuri Nyakubahwa Paul Kagame kuba mu kazi kenshi aba afite, yabashije gusura Kivu Cleo. Turamushimira byimazeyo kandi ku bw’inkunga, inama n’ibitekerezo byiza bizadufasha kugera ku ntego zacu zo kuyigeza (Hoteli) ku rwego rw’Ikirenga nkuko biteganywa na RDB.”

Cleo Lake Kivu Hotel, uretse kuba iteretse ahantu nyaburanga hakundwa na ba mukerarugendo bakunze no gucumbika muri iyi Hoteli, inarahirirwa na benshi kubera serivisi zinoze itanga, zituma uyigendereye ahora iteka yifuza kuyigarukamo.

Kuva ku marembo, ugakomereza aho bakirira abashyitsi, kugera mu byumba byayo, hateye ubwuzu ku buryo uwayigezemo yumva aguwe neza.

Umuyobozi Mukuru wa Tele 10 Group yashimiye Perezida Kagame ku bw’inama yamuhaye
Perezida Kagame ari kumwe n’abakozi ba Cleo Hotel
Uri kuri Hoteli Cleo aba yitegeye ikiyaga cya Kivu
Ubwiza bwa Hoteli Cleo ni ntagereranywa
Uwarayemo asinzira neza

Mu bwogero bwaho hateye amabengeza
Hari n’aho abantu baganirira bitegeye Kivu
Aho gukorera sports

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 10 =

Previous Post

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Next Post

Gisagara: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yavuze ko yabitewe n’ubushake bwinshi

Related Posts

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore akurikiranyweho guteka umutwe yaka abantu amafaranga avuga ko yayatumwe n’Umukuru wa Polisi

Gisagara: Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yavuze ko yabitewe n’ubushake bwinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.