Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwa ‘Bannyahe’ ‘wagereranyije ijambo ry’Umuvugizi w’u Rwanda n’irya Mugesera’ yagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
22/09/2022
in MU RWANDA
0
Uwa ‘Bannyahe’ ‘wagereranyije ijambo ry’Umuvugizi w’u Rwanda n’irya Mugesera’ yagejejwe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko umuturage wo mu Mudugudu wa Kangondo II [hazwi nka Bannyahe] uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kuba yaragereranyije ijambo ry’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda n’ijambo rutwitsi rya Dr Leon Mugesera.

Uyu muturage witwa Shikama Jean de Dieu wo mu Mudugudu ya Kangondo II mu Kagari ka Nyarutarama, ahaherutse kwimurwa abari bahatuye kuko ari mu manegeka, bakajya gutuzwa ahakwiye, akurikiranyweho ibyaha bibiri; icyo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi n’icyaha cyo gukurura amacakubiri.

Ubushinjacyaha buvuga ko ibyaha bikekwa kuri Shikama, bishingiye ku majwi yifashe akayoherereza abantu batandukanye harimo Abanyamakuru n’abayobzi ndetse n’abandi bantu basanzwe aziranye na bo.

Ayo majwi arimo afite iminota icyenda ndetse n’afite iminota 11, hari aho Shikama Jean de Dieu yumvikana agereranya ijambo ry’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda ndetse n’ijambo rutwitsi riri mu byatije umurindi ikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryavuzwe na Leon Mugesera wahamijwe ibyaha bya Jenoside agakatirwa gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha buvuga ko ijambo ry’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda ridakwiye kugereranywa na ririya rya Mugesera kuko Mukuralinda yavugaga ko abari batuye muri kariya gace bagomba kuhimuka ku nyungu z’ubuzima bwabo kuko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga betewe n’imiterere yaho.

Mu gihe ijambo rya Dr Leon Mugesera yanise ‘Amahembe ane ya Shitani’ ryumvikanagamo urwango yari afitiye Abatutsi ndetse anahamagarira Abahutu kwanga Abatutsi, rikaba riri no mu byatumye Jenoside ikoranwa ubukana.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu ijambo rya Mukuralinda nta na hamwe ryumvikanamo urwango cyangwa amacakubiri ahubwo ko ryumvikanamo urukundo Leta y’u Rwanda ikunda abaturage bayo kuko yavugaga ko bariya baturage bagomba kwimurirwa mu nzu nziza kandi ziri ahantu heza bubakiwe mu Busanza mu Karere ka Kicukiro.

Ubushinjacyaha bwabwiye Umucamanza ko ibyagezweho mu iperereza, bigaragaza impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora ibi byaha ndetse ko n’ayo majwi ahari.

Bwavuze ko ibi yabivugaga yifashishije telefone igendanwa bityo ko aramutse akurikiranywe ari hanze yakomeza kubikora, ndetse ko bugikomeje kumukoraho iperereza, bugasaba ko yakurikiranwa afunzwe by’agateganyo iminsi 30.

Shikama Jean de Dieu wemera ko ariya majwe ari aye, yavuze ko yayasohoye nk’umuntu wariho akorera ubuvugizi bagenzi be kandi ko iyi mpuruza ye yagize umumaro.

Yavuze ko gusenya Bannyahe byagombaga gukorwa n’ibimodoka binini (Tingatinga) bigera muri 20 ariko ko haje nke kandi ko byatewe n’impuruza yatanze.

Agaruka ku gufungwa by’agateganyo, Shikama Jean de Dieu yavuze ko nta rindi perereza rigikenewe ku Bushinjacyaha bityo ko nta mpamvu yakurikiranwa afunze ku mpamvu zo korohereza iperereza.

Umunyamategeko we witwa Me Innocent Ndihokubwayo yavuze ko umukiliya we afite n’urundi rubanza aburanamo n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ndetse ko no kwa Shikama ho hatarasenywa kubera icyo kibazo kikirimo cy’imanza zijyanye n’ingurane atemera.

Uyu munyamategeko kandi yavuze ko Shikama afite n’umuryango agomba kwitaho, bityo ko adakwiye gufungwa ahubwo ko akwiye kurekurwa akajya gukukirana ibyo byose.

Umucamanza wari umaze kumva impande zombi, yahise apfundikira urubanza, yanzura ko ruzasomwa tariki 26 Nzeri 2022.

Shikama ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko

Photos © Jean Paul NKUNDINEZA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Umuziki Nyarwanda wo kuramya no guhimbaza Imana wungutse umuramyi

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda akurikiranyweho kunanirwa kwishyura ibyo yafatiye mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.