Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa

radiotv10by radiotv10
01/10/2022
in MU RWANDA
0
Habonetse ishuri ryigamo abakobwa batwite n’ababyaye gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo Serene Haven giherereye mu gace ka Nyeri muri Kenya, gifasha abakobwa batewe inda zitateguwe, kikabaha uburezi mu masomo y’icyiciro cy’amashuri abanza n’ayisumbuye, aho bamwe mu bigamo baba batwite abandi bafite abana babo babyaye.

Mu kiganiro twanditseho inkuru nka RADIOTV10 dukesha Afrimax TV, Elizabeth Wanjiru Mariuk washinze iki kigo kitwa Serene Haven kita ku bakobwa batewe inda bakiri bato, kikanabaha amasomo, avuga ko yashinze uyu muryango mu rwego rwo guha ubushobozi abari n’abategarugori batishoboye.

Ati “Dufasha abakobwa bari mu myaka ibemerera kujya mu ishuri, yaba abatewe inda basambanyijwe ku ngufu cyangwa abakorewe irindi hohoterwa.”

Uyu muryango umaze imyaka itatu ushinzwe, ufasha aba bakobwa mu bikorwa binyuranye birimo kubaha uburezi ndetse bamwe bakiga babayo bari kumwe n’abana babo.

Elizabeth Wanjiru Mariuk avuga ko na we yabyaye afite imyaka 18 ku buryo azi ingaruka zo kubyara ukiri muto, bigatuma agira igitekerezo cyo gushinga uyu muryango.

Ati “Byambereye ingorabahizi cyane kuko nari nkiri muto, nari ndangije amashuri yisumbuye.”

Avuga ko nubwo umuryango we utamutereranye, ariko bitari byoroshye, gutwita kuri iyo myaka 18 gusa kandi adafite umugabo.

Ati “Nubwo byari bimeze uko ariko nubundi byari bikomeye. Rero iyo ndebye aba bakobwa bato, nta bufasha bafite kuko bamwe ni impfubyi abandi barerwaga n’abagiraneza, iyo bamaze gutwara inda bagahita babirukana.”

Aba bakobwa baba bicaye mu ishuri bakurikira amasomo bari kumwe n’abana babo, barira bakabitaho, n’igihe cyo kubonsa cyagera bakajya kubaha ibere.

Elizabeth avuga ko nubwo iki kigo kigerageza kubaha ibyo bakenera, ariko bahorana agahinda ku buryo batajya bapfa gutobora ngo bavuge ibyababayeho.

Ati “Niyumvisemo ko aba bakobwa bakeneye ubufasha bwo kurera abana babo. Ni yo ntego nyamukuru y’iki kigo.”

Abaje muri iki kigo batwite, bahabwa serivisi zose zihabwa ababyeyi batwite, ubundi bagafashwa gutegura kubyara ndetse bakanahabyarira, ubundi bagafashwa kurera abana babo.

Elizabeth akomeza gira ati “Icya mbere tuba twifuza ni uko aba bakobwa bahabwa uburezi kuko batarize ntibashobora kuzarera abana babo kandi ntibazaguma muri iki kigo.”

Iki kigo gifite ishuri ribanza, aho abatewe inda bakiri mu mashuri abanza, bakomerezamo, kikanagira iryisumbuye na ryo ryigamo abageze muri iki cyiciro.

Biga batwite ariko bakumva bishimye
Biga batwite abandi bari kumwe n’abana babyaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Ijambo Perezida wa Sena y’u Rwanda yavugiye i Burundi bikavugwa ko bwafunguye imipaka nyuma y’icyumweru

Next Post

Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Related Posts

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

Why the fear of failure is increasing among Kigali’s Youth more than ever

by radiotv10
30/01/2026
0

In Kigali, many young people are working hard to build their future, and that alone is something positive. Even though...

IZIHERUKA

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza
FOOTBALL

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Kinshasa: Umukwabu wakangaranyije benshi wafatiwemo amabandi 200

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.