• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
13/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ahamaze 1/2 cy’umwaka hagenzurwa na M23 habereye imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mujyi wa Bunagana muri Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahamaze kimwe cya kabiri cy’umwaka hagenzurwa na M23, habaye imyigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi buri gukorerwa abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bwanamaganywe n’Impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu Rwanda.

Iyi myigaragambyo yabereye umunsi umwe kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, aho Abanyekongo benshi bateraniye i Bunagana hafi y’umupaka uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, bagakora iyi myigaragambyo.

Abitabiriye iyi myigaragarambyo yabereye i Bunagana, bari bafite ibyapa byanditseho ubutumwa bageneye ubutegetsi bw’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bashinja gukorana n’imitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi bavuga ko ari Jenoside.

Basabye imiryango mpuzamanga nk’Uwabibumbye, uwa Afurika Yunze Ubumwe, uwa Afurika y’Iburasirazuba ndetse na DADC kugira uruhare mu guhagarika ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi.

Umujyi wa Bunagana umaze amezi atandatu uri mu maboko y’umutwe wa M23, dore ko wawufashe muri Kamena 2022 nyuma y’imirwano ikomeye yari yawuhuje na FARDC.

Muri iyi myigaragambyo kandi, abayitabiriye bageneye ubutumwa umutwe wa M23, bawushimira kuba warabakuye mu menyo ya rubamba ndetse ukaba ukomeje kubacungira umutekano.

Imyigaragambyo yari ifite ubutumwa nk’ubu, yanakozwe mu Rwanda, aho yitabiriwe n’impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe.

Aba banyekongo barimo n’abamaze imyaka 25 mu buhungiro mu Rwanda, na bo bageneye ubutumwa ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, babusaba guhagarika ibikorwa byo guhohotera abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Bavuga ko abanyekongo bakoresha ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gukorerwa Jenoside, nyamara amahanga arebera.

Izi mpunzi kandi zavuze ko zirambiwe gukomeza kuba mu buhungiro kandi Igihugu cyabo gihari, zisaba amahanga kuzifasha zigatahuka kuko “kumara kimwe cya kane cy’ikinyejana mu buhunzi, bibabaje.”

Igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gishinjwa gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, irimo uwa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatusti.

Bageneye ubutumwa imiryango mpuzamahanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fourteen =

Previous Post

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

Next Post

Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Umushoramari muri muzika nyarwanda ari mu gahinda gakomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.