• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere

radiotv10by radiotv10
12/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Uwabaye muri ‘guverinoma’ ya Padiri Nahimana hamenyekanye igitumye ubu afungiye i Mageragere
Share on FacebookShare on Twitter

Gakire Fidele wabaye umunyamakuru mu Rwanda, akaza kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse akaza gutangaza ko yinjiye muri Politiki akanahabwa umwanya mu kitwa guverinoma ikorera mu buhungiro ya Padiri Thomas Nahimana, ubu afungiye mu Rwanda, ndetse n’icyatumye afungwa cyamenyekanye.

Gakire Fidele Uzabakiriho, wabaye umunyamakuru mu Rwanda mu bihe byatambutse ndetse akaba yari umuyobozi w’Ikinyamakuru cye kitwa Ishema, mu bihe bishize byavugwaga ko asigaye aba muri Leta Zunze Ubmwe za America.

Ubwo Gakire atari mu Rwanda, yanatangaje ko yinjiye muri politiki ku mugararago ndetse aza no kugirwa Minisitiri w’Urubyiruko n’abakozi muri Guverinoma yiyita ko ikorera mu buhungiro ya Padiri Nahimana Thomas.

Amakuru y’ifungwa rya Gakire yamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, ko afungiye muri gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, rwemeje aya makuru ko Fidele Gakire afungiye muri Gereza ya Nyarugenge, akaba akiri kuburanishwa ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Gakire watawe muri yombi mu mpera z’Ukwakira 2022, akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gukoresha inyandiko mpimbano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 6 =

Previous Post

Umusirikare mukuru muri FARDC wafashwe na M23 yayivuzeho ubutumwa butangaje

Next Post

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.