Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye

radiotv10by radiotv10
19/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Hamenyekanye icyatumye umunyapolitiki w’umunyemari yipakurura bagenzi be agafata icyemezo gitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moïse Katumbi yatangaje ko avuye mu ihuriro rizwi nka Union Sacrée riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeza ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu ya 2023 kugira ngo ashinge Leta ihamye.

Moïse Katumbi wabaye Guverineri w’Intara ya Katanga, yatangaje ibi mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, mu butumwa yahaye Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI ndetse na France 24.

Nanone kandi mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ngendeye ku bushake bwo gukorera Abanyekongo, nafashe icyemezo cyo kuva muri Union Sacrée, nemeza ko nzatanga kandidatire yanjye mu matora y’umukuru w’Igihugu.”

Moïse Katumbi yatangaje ko iki cyemezo yagifashe agamije ineza ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abatuye iki Gihugu cyashegeshwe n’ibibazo.

Yagize ati “Ndashaka kubaka Leta ihamye, Repubulika ntangarugero aho buri wese azabaho atekanye mu mahoro n’ituze, agatungwa n’ibyavuye mu murimo we.”

Union Sacrée, ni ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi uri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na ryo rigomba kuzatanga uzabahagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023.

Abagize iri huriro, ntibishimiye iki cyemezo cyafashwe na Moïse Katumbi wabaciye ruhinganyuma agafata icyemezo ku giti cye.

Uyu munyapolitiki Moïse Katumbi yatangaje ibi nyuma yuko aherutse no kugaragara yihanangiriza abatagetsi ba DRC, bamwimye uruhusa rwo kugira ngo indege ye ize kumufata mu Gihugu imwerekeza muri Qatara.

Ibi byatumye uyu mugabo arakarira abategetsi avuga ko bitwara nk’aho Igihugu bakiguze, ariko ko niyo baba barakiguze bamubwira amafaranga bishyuye akayabasubiza ariko abantu bakabaho mu burenganzira bwabo.

Atangaje ibi nanone ibibazo by’umutekano mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje kuba agatereranzamba, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23 yubuye mu cyumweru gishize nyuma yuko igisirikare cya Leta gifatanyije n’imitwe kisunze, bagabye ibitero ku birindiro by’uyu mutwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + ten =

Previous Post

Bamwe ntibagikozwa iby’udukingirizo ngo ‘dutuma bitaryoha’

Next Post

Musanze: Uwishe umuvandimwe we kubera impamvu itangaje yakatiwe

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Musanze: Uwishe umuvandimwe we kubera impamvu itangaje yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.