Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizizeyimana avuga ko ibiri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari umugambi wa Perezida Felix Tshisekedi wabikoresheje nk’umutego wo kuzasubikisha amatora kugira ngo azagume ku butegetsi ariko ko akaduruvayo yatangije gashobora kuzamusandarana.

Intambara imaze iminsi ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yinjijwemo n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR ndetse n’indi mitwe y’Abanyekongo irwana ku ruhande rwa Leta.

Guverinoma ya Congo inaherutse kubivuga ku mugaragaro ko kuba imitwe y’Abanyekongo yiyemeje kurwana ku ruhande rwa Leta bidakwiye gufatwa nka byacitse ngo kuko iri kurwanira ubusugire bw’Igihugu cyabo.

Me Evode Uwizeyimana avuga ko ibiri kubera muri iki Gihugu cya Congo bishobora kuzavamo ibyaha by’ubwoko butatu, birimo ibya Jenoside, Ibyaha byibasiye inyokomuntu ndetse n’ibyaha by’intambara.

Uyu muhanga mu by’amategeko avuga ko yanabitangaje mbere ko “Congo igiye kuba isibaniro. Fata izo za Angola zigiye kwirohamo, fata ingabo za EAC, fata iriya mitwe ya bariya bajura bashyize mu gisirikare, fata n’abo bandi bari basanzwe ari abajura ariko batagiraga intwaro noneho ubahaye imbunda urababwiye ngo mushobora kwica mukiba mu izina ry’amategeko.”

Evode ugaruka ku byigeze gutangazwa na Tshisekedi ubwe ubwo yahamagariraga urubyiruko rw’amabandi kujya mu gisirikare, avuga ko uyu Mukuru w’Igihugu ari we Mugaba w’Ikirenga w’Ingabo ziri gukora amarorerwa mu Gihugu cye.

Ati “Ashyigikiye biriya bintu kuko ni we uyobora Inama y’Abaminisitiri. Ni ukuvuga ngo ibintu byose ingabo ze zizakora, Tshisekedi azabibazwa, ni we wa mbere bizajya ku mutwe. Biriya birabitswe, ntabwo muri ICC azavuga ngo ‘oya navugaga ibi, ngo byari ibi…’.”

Me Evode avuga ko atari Tshisekedi ushobora kuzajyanwa mu nkiko gusa, ahubwo ko na bamwe mu bagize Guverinoma ye bakomeje kugaragaza ko bashyigikiye ko imitwe yitwaje intwaro yinjizwa mu gisirikare ndetse n’imvugo zabo zibiba urwango, bashobora kuzabibazwa.

Abona ibya Tshisekedi bishobora kuzarangira nabi

 

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo ya Lisansi

Me Evode Uwizeyimana usanzwe ari n’umuhanga mu busesenguzi, agaruka ku byagiye bitangazwa na bamwe mu banyapolitiki ko ibiri kubera muri Congo, ari iturufu ya Tshisekedi yazanye agamije gusubikisha amatora y’umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwana kuko akeka ko atazayatsinda bitewe no kuba ashize na yo ashobora kuba atarayatsinze.

Ati “Njya ntekereza ko amakosa Tshisekedi ashobora kuba arimo gukora, hari igihe njya ntekereza nkajya kuyashakira mu hahise he. Nashatse CV [ibyo yakoze] ndayibura.”

Akomeza avuga ko Tshisekedi ashobora kuba atari ku rwego rwo kuyobora Igihugu, ariko ko ashobora kuba yarazamukiye ku izina ry’umubyeyi we (Étienne Tshisekedi) washinze ishyaka UDPS.

Ati “Kuyobora Igihugu ni inshingano ziremereye, ntabwo ari inshingano wavumbuka mu gitondo ngo uhite uba Perezida. Ishyaka ryo yaribayemo ariko akazi yakoraga, yatwara itagisi ni ko kazi bambwiye.”

Akomeza avuga ko Tshisekedi azi neza ko “amatora ashize ya 2018 atayatsinze” kuko uwari Komisiyo y’Igihugu y’amatora kiriya gihe, yavuze ko Tshisekedi yagize amajwi 15%, mu gihe Martin Fayulu bari bahanganye yari yagize 65%.

Avuga ko Tshisekedi yaje kuba Perezida bigizwemo uruhare n’uwo yari asimbuye Joseph Kabila kuko Martin Fayulu yari yaravuze ko azamugeza imbere y’ubutabera akamuryoza iby’imitungo yasahuye, akaza guhitamo gutambutsa Tshisekedi utazagira icyo amutwara ariko ko atari yatsinze.

Me Evode avuga ko kuba Tshisekedi abizi neza ko yazamutse muri ubu buryo, abona ko n’amatora ataha atazayatsinda, ku buryo ari we uri inyuma y’akaduruvayo kari mu Gihugu cye kugira ngo kazamucire inzira yo gusubikisha amatora, agamije kuguma ku butegetsi dore ko aherutse mo kubikomozaho.

Icyakora avuga ko iyi turufu ishobora kutamuhira kuko abamurwanya na bo batangiye guhaguruka bamwereka ko uko byagenda kose niyo amatora ataba ariko na we ataguma ku ntebe y’Umukuru w’Igihugu.

Ati “Nabonye umugore wa Fayulu ari gukora imyiyerekano ari mu modoka bavuga bati ‘kuri 23 z’ukwa cumi n’abiri ibyo wigira byose amahoro yaba ahari cyangwa adahari ugomba gusohoka muri ofisi.”

Akomeza agira ati “Tshisekedi asa n’umuntu uri kunywera itabi kuri sitasiyo [ya Lisansi/ bifatwa nko kwiyahura] kubera ko biriya bintu arimo gukora bishobora kuzamuviramo ibibazo bikomeye, kuko agiye kubitangiza ariko ntazabirangiza.”

Me Evode avuga ko aka kajagari katangijwe na Tshisekedi azi ko ari iturufu izamufasha kuguma ku butegetsi, gashobora kuzamugarukana kakabumukuraho nabi ndetse kagashobora gushyira Igihugu cye mu kangaratere.

Hon Evode Uwizeyimana yasesenguye ibya Tshisekedi byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Next Post

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.