Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizizeyimana avuga ko ibiri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari umugambi wa Perezida Felix Tshisekedi wabikoresheje nk’umutego wo kuzasubikisha amatora kugira ngo azagume ku butegetsi ariko ko akaduruvayo yatangije gashobora kuzamusandarana.

Intambara imaze iminsi ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yinjijwemo n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR ndetse n’indi mitwe y’Abanyekongo irwana ku ruhande rwa Leta.

Guverinoma ya Congo inaherutse kubivuga ku mugaragaro ko kuba imitwe y’Abanyekongo yiyemeje kurwana ku ruhande rwa Leta bidakwiye gufatwa nka byacitse ngo kuko iri kurwanira ubusugire bw’Igihugu cyabo.

Me Evode Uwizeyimana avuga ko ibiri kubera muri iki Gihugu cya Congo bishobora kuzavamo ibyaha by’ubwoko butatu, birimo ibya Jenoside, Ibyaha byibasiye inyokomuntu ndetse n’ibyaha by’intambara.

Uyu muhanga mu by’amategeko avuga ko yanabitangaje mbere ko “Congo igiye kuba isibaniro. Fata izo za Angola zigiye kwirohamo, fata ingabo za EAC, fata iriya mitwe ya bariya bajura bashyize mu gisirikare, fata n’abo bandi bari basanzwe ari abajura ariko batagiraga intwaro noneho ubahaye imbunda urababwiye ngo mushobora kwica mukiba mu izina ry’amategeko.”

Evode ugaruka ku byigeze gutangazwa na Tshisekedi ubwe ubwo yahamagariraga urubyiruko rw’amabandi kujya mu gisirikare, avuga ko uyu Mukuru w’Igihugu ari we Mugaba w’Ikirenga w’Ingabo ziri gukora amarorerwa mu Gihugu cye.

Ati “Ashyigikiye biriya bintu kuko ni we uyobora Inama y’Abaminisitiri. Ni ukuvuga ngo ibintu byose ingabo ze zizakora, Tshisekedi azabibazwa, ni we wa mbere bizajya ku mutwe. Biriya birabitswe, ntabwo muri ICC azavuga ngo ‘oya navugaga ibi, ngo byari ibi…’.”

Me Evode avuga ko atari Tshisekedi ushobora kuzajyanwa mu nkiko gusa, ahubwo ko na bamwe mu bagize Guverinoma ye bakomeje kugaragaza ko bashyigikiye ko imitwe yitwaje intwaro yinjizwa mu gisirikare ndetse n’imvugo zabo zibiba urwango, bashobora kuzabibazwa.

Abona ibya Tshisekedi bishobora kuzarangira nabi

 

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo ya Lisansi

Me Evode Uwizeyimana usanzwe ari n’umuhanga mu busesenguzi, agaruka ku byagiye bitangazwa na bamwe mu banyapolitiki ko ibiri kubera muri Congo, ari iturufu ya Tshisekedi yazanye agamije gusubikisha amatora y’umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwana kuko akeka ko atazayatsinda bitewe no kuba ashize na yo ashobora kuba atarayatsinze.

Ati “Njya ntekereza ko amakosa Tshisekedi ashobora kuba arimo gukora, hari igihe njya ntekereza nkajya kuyashakira mu hahise he. Nashatse CV [ibyo yakoze] ndayibura.”

Akomeza avuga ko Tshisekedi ashobora kuba atari ku rwego rwo kuyobora Igihugu, ariko ko ashobora kuba yarazamukiye ku izina ry’umubyeyi we (Étienne Tshisekedi) washinze ishyaka UDPS.

Ati “Kuyobora Igihugu ni inshingano ziremereye, ntabwo ari inshingano wavumbuka mu gitondo ngo uhite uba Perezida. Ishyaka ryo yaribayemo ariko akazi yakoraga, yatwara itagisi ni ko kazi bambwiye.”

Akomeza avuga ko Tshisekedi azi neza ko “amatora ashize ya 2018 atayatsinze” kuko uwari Komisiyo y’Igihugu y’amatora kiriya gihe, yavuze ko Tshisekedi yagize amajwi 15%, mu gihe Martin Fayulu bari bahanganye yari yagize 65%.

Avuga ko Tshisekedi yaje kuba Perezida bigizwemo uruhare n’uwo yari asimbuye Joseph Kabila kuko Martin Fayulu yari yaravuze ko azamugeza imbere y’ubutabera akamuryoza iby’imitungo yasahuye, akaza guhitamo gutambutsa Tshisekedi utazagira icyo amutwara ariko ko atari yatsinze.

Me Evode avuga ko kuba Tshisekedi abizi neza ko yazamutse muri ubu buryo, abona ko n’amatora ataha atazayatsinda, ku buryo ari we uri inyuma y’akaduruvayo kari mu Gihugu cye kugira ngo kazamucire inzira yo gusubikisha amatora, agamije kuguma ku butegetsi dore ko aherutse mo kubikomozaho.

Icyakora avuga ko iyi turufu ishobora kutamuhira kuko abamurwanya na bo batangiye guhaguruka bamwereka ko uko byagenda kose niyo amatora ataba ariko na we ataguma ku ntebe y’Umukuru w’Igihugu.

Ati “Nabonye umugore wa Fayulu ari gukora imyiyerekano ari mu modoka bavuga bati ‘kuri 23 z’ukwa cumi n’abiri ibyo wigira byose amahoro yaba ahari cyangwa adahari ugomba gusohoka muri ofisi.”

Akomeza agira ati “Tshisekedi asa n’umuntu uri kunywera itabi kuri sitasiyo [ya Lisansi/ bifatwa nko kwiyahura] kubera ko biriya bintu arimo gukora bishobora kuzamuviramo ibibazo bikomeye, kuko agiye kubitangiza ariko ntazabirangiza.”

Me Evode avuga ko aka kajagari katangijwe na Tshisekedi azi ko ari iturufu izamufasha kuguma ku butegetsi, gashobora kuzamugarukana kakabumukuraho nabi ndetse kagashobora gushyira Igihugu cye mu kangaratere.

Hon Evode Uwizeyimana yasesenguye ibya Tshisekedi byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fourteen =

Previous Post

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Next Post

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.