Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo- Evode abona Tshisekedi yarateze umutego uzamushibukana
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizizeyimana avuga ko ibiri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari umugambi wa Perezida Felix Tshisekedi wabikoresheje nk’umutego wo kuzasubikisha amatora kugira ngo azagume ku butegetsi ariko ko akaduruvayo yatangije gashobora kuzamusandarana.

Intambara imaze iminsi ihanganishije igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa M23, yinjijwemo n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR ndetse n’indi mitwe y’Abanyekongo irwana ku ruhande rwa Leta.

Guverinoma ya Congo inaherutse kubivuga ku mugaragaro ko kuba imitwe y’Abanyekongo yiyemeje kurwana ku ruhande rwa Leta bidakwiye gufatwa nka byacitse ngo kuko iri kurwanira ubusugire bw’Igihugu cyabo.

Me Evode Uwizeyimana avuga ko ibiri kubera muri iki Gihugu cya Congo bishobora kuzavamo ibyaha by’ubwoko butatu, birimo ibya Jenoside, Ibyaha byibasiye inyokomuntu ndetse n’ibyaha by’intambara.

Uyu muhanga mu by’amategeko avuga ko yanabitangaje mbere ko “Congo igiye kuba isibaniro. Fata izo za Angola zigiye kwirohamo, fata ingabo za EAC, fata iriya mitwe ya bariya bajura bashyize mu gisirikare, fata n’abo bandi bari basanzwe ari abajura ariko batagiraga intwaro noneho ubahaye imbunda urababwiye ngo mushobora kwica mukiba mu izina ry’amategeko.”

Evode ugaruka ku byigeze gutangazwa na Tshisekedi ubwe ubwo yahamagariraga urubyiruko rw’amabandi kujya mu gisirikare, avuga ko uyu Mukuru w’Igihugu ari we Mugaba w’Ikirenga w’Ingabo ziri gukora amarorerwa mu Gihugu cye.

Ati “Ashyigikiye biriya bintu kuko ni we uyobora Inama y’Abaminisitiri. Ni ukuvuga ngo ibintu byose ingabo ze zizakora, Tshisekedi azabibazwa, ni we wa mbere bizajya ku mutwe. Biriya birabitswe, ntabwo muri ICC azavuga ngo ‘oya navugaga ibi, ngo byari ibi…’.”

Me Evode avuga ko atari Tshisekedi ushobora kuzajyanwa mu nkiko gusa, ahubwo ko na bamwe mu bagize Guverinoma ye bakomeje kugaragaza ko bashyigikiye ko imitwe yitwaje intwaro yinjizwa mu gisirikare ndetse n’imvugo zabo zibiba urwango, bashobora kuzabibazwa.

Abona ibya Tshisekedi bishobora kuzarangira nabi

 

Ameze nk’uri kunywera itabi kuri sitasiyo ya Lisansi

Me Evode Uwizeyimana usanzwe ari n’umuhanga mu busesenguzi, agaruka ku byagiye bitangazwa na bamwe mu banyapolitiki ko ibiri kubera muri Congo, ari iturufu ya Tshisekedi yazanye agamije gusubikisha amatora y’umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwana kuko akeka ko atazayatsinda bitewe no kuba ashize na yo ashobora kuba atarayatsinze.

Ati “Njya ntekereza ko amakosa Tshisekedi ashobora kuba arimo gukora, hari igihe njya ntekereza nkajya kuyashakira mu hahise he. Nashatse CV [ibyo yakoze] ndayibura.”

Akomeza avuga ko Tshisekedi ashobora kuba atari ku rwego rwo kuyobora Igihugu, ariko ko ashobora kuba yarazamukiye ku izina ry’umubyeyi we (Étienne Tshisekedi) washinze ishyaka UDPS.

Ati “Kuyobora Igihugu ni inshingano ziremereye, ntabwo ari inshingano wavumbuka mu gitondo ngo uhite uba Perezida. Ishyaka ryo yaribayemo ariko akazi yakoraga, yatwara itagisi ni ko kazi bambwiye.”

Akomeza avuga ko Tshisekedi azi neza ko “amatora ashize ya 2018 atayatsinze” kuko uwari Komisiyo y’Igihugu y’amatora kiriya gihe, yavuze ko Tshisekedi yagize amajwi 15%, mu gihe Martin Fayulu bari bahanganye yari yagize 65%.

Avuga ko Tshisekedi yaje kuba Perezida bigizwemo uruhare n’uwo yari asimbuye Joseph Kabila kuko Martin Fayulu yari yaravuze ko azamugeza imbere y’ubutabera akamuryoza iby’imitungo yasahuye, akaza guhitamo gutambutsa Tshisekedi utazagira icyo amutwara ariko ko atari yatsinze.

Me Evode avuga ko kuba Tshisekedi abizi neza ko yazamutse muri ubu buryo, abona ko n’amatora ataha atazayatsinda, ku buryo ari we uri inyuma y’akaduruvayo kari mu Gihugu cye kugira ngo kazamucire inzira yo gusubikisha amatora, agamije kuguma ku butegetsi dore ko aherutse mo kubikomozaho.

Icyakora avuga ko iyi turufu ishobora kutamuhira kuko abamurwanya na bo batangiye guhaguruka bamwereka ko uko byagenda kose niyo amatora ataba ariko na we ataguma ku ntebe y’Umukuru w’Igihugu.

Ati “Nabonye umugore wa Fayulu ari gukora imyiyerekano ari mu modoka bavuga bati ‘kuri 23 z’ukwa cumi n’abiri ibyo wigira byose amahoro yaba ahari cyangwa adahari ugomba gusohoka muri ofisi.”

Akomeza agira ati “Tshisekedi asa n’umuntu uri kunywera itabi kuri sitasiyo [ya Lisansi/ bifatwa nko kwiyahura] kubera ko biriya bintu arimo gukora bishobora kuzamuviramo ibibazo bikomeye, kuko agiye kubitangiza ariko ntazabirangiza.”

Me Evode avuga ko aka kajagari katangijwe na Tshisekedi azi ko ari iturufu izamufasha kuguma ku butegetsi, gashobora kuzamugarukana kakabumukuraho nabi ndetse kagashobora gushyira Igihugu cye mu kangaratere.

Hon Evode Uwizeyimana yasesenguye ibya Tshisekedi byose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Umaze umwaka asambanyije urwaye mu mutwe agatoroka wagarutse azi ko byibagiranye ibyamubayeho ntiyabikekaga

Next Post

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Umuryango ukomeye ku Isi wakuriye inzira ku murima DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.