Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
26/07/2024
in MU RWANDA
0
Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Iteka rishya rya Perezida wa Repubulika rishyiraho amabwiriza rusange agenga imihanda n’uburyo bwo kuyigendamo, ryemeje bidasubirwaho ikorwa ry’ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga za burundu, hakoreshejwe imodoka za Automatique.

Iri teka ryatangajwe na Minisiteri y’Ubutabera kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024, rifite nimero 066/01 ryo ku wa 19 Nyakanga 2024 rihindura iteka rya perezida nimero 85/01 ryo ku wa 02 Nzeri 2002.

Nk’uko bigaragazwa n’iri riteka, uruhushya rwatsindiwe n’uwakoresheje imodoka ya Automatique mu kizamini, ruzajya ruba rwanditseho ubwoko bwarwo hakiyongeraho ijambo ry’impine rya AT (Automatic Tansmission).

Nanone kandi, abazajya bemererwa gukora ibizamini kuri izi modoka, ni abazaba bakorera impushya z’ubwoko bwa A, B, C D, D1, E na F, kuko ubwoko bwa A1 na B1 ari impushya z’abantu bafite ubumuda

Nanone kandi iri Teka, rivuga ko abazajya batsindira impushya za Automatique, bazaba bemerewe gutwara ibinyabiziga byo muri ubu bwoko gusa, mu gihe uwatsindiye uruhushya rwa Manuel, we yemerewe no gutwara ibinyabiziga bya Automatique byo mu rwego rw’uruhushya yatsindiye.

Iri teka ryemejwe nyuma y’uko hari benshi bakunze gusaba ko izi mpushya na zo zitangwa mu Rwanda, kuko hari ibizamini byakorwaga mu by’impushya za burundu, byatsindaga benshi kandi bavuga ko ntaho bazabikoresha mu gutwara ibinyabiziga, dore ko muri iki gihe hasohoka imodoka za Automatique.

Muri Nyakanga umwaka ushize, Senateri Evode Uwizeyimana, yagarutse kuri iri teka ryemejwe, avuga ko rikwiye kwemezwa, ku buryo ibyo riteganya bishyirwa mu bikorwa, rikanaruhura abari bamaze igihe biyasira bavuga ko batsinwa mu bizamini bya perimi.

Icyo gihe yari yagize ati “Rwose nagira ngo ibyo bizamini byo kurushya abantu bidafite n’icyo bimaze […] iyo modoka umuntu yayiguze ni automatique ni yo azatwara azi amategeko y’umuhanda, ntabwo ibizamini bidakorwa ahandi byo hambere bikwiye kuba bikiri aha.”

Mu gukorera perimi za Automatique, ikizamini cya ‘démarrage en côte’ kiri mu bikunze gutsinda benshi mu bizamini by’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, ntikizaba ari ngombwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Ibirori byagaragaje umwihariko mu myidagaduro mu Rwanda biragarutse

Next Post

Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

Macron yatanzeho urugero Perezida Kagame imbere y’Abandi Bakuru b’Ibihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.