Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo

radiotv10by radiotv10
25/07/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’umugore basanze yapfiriye mu kabari yakoragamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wari ufite akabari ko mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, yasanzwe yapfiriyemo, aho bikekwa ko ashobora kuba yishwe anizwe n’umugabo bari bararanye bapfa kutumvikana ku mafaranga yamwishyuzaga ku byo bari bakoranye.

Uyu nyakwigendera witwa Niyonsenga Diane, yabonetse yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, mu kabari yacururizagamo inzoga gaherereye mu Mudugudu wa Burunga mu Kagari ka Gihundwe mu murenge wa Kamembe.

Amakuru ava mu baturage begereye akabari ka nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko ashobora kuba yishwe n’umugabo bari bararanye, kuko muri iryo joro yari yasoje akazi saa yine yinyabya hepfo, ubundi ataha igicuku ari kumwe n’umugabo bivugwa ko ari umukarani, bashobora kuba baje kugirana amakimbirane.

Beninkiko Joseph yagize ati “Nagiye kumva numva barajujura amubwira ngo hano si muri chambre (roji). Hashize akanya numva aravuze ngo yeee muntabare. Umugore ntiyongeye gukoma ahubwo umugabo yahise atangira gukubita urugi ashaka gusohoka, njye narebeye mu idirishya mbona urufuzi rwaje kandi yambaye.”

Abaturage bavuga ko wo mugabo witwa Ngabirarinze Eraste ukekwaho kwica nyakwigendera, yahise acakirana n’abanyerondo bari batabaye, abanza kubarwanya bituma kumufata bigorana nk’uko Iradukunda Samuel wari muri bo abivuga.

Agira ati “Twasanze amaze guca umuryango mo kabiri, adusimbutsemo duhita tumufata adutaratsa adukubita turinda tugera ku muhanda birangira abandi baje kudufasha ntiyatunanira.”

Aba baturage bavuga kandi ko babonye nyakwigendera ari gusangira n’ukekwaho kumwica mu kabari kari hafi aho mbere y’uko ibi biba ndetse bakavuga ko ku buriri basanze yapfiriyeho, banahasanze udukingirizo twakoreshejwe bakabiheraho bakeka ko ubu bwicanyi bwaba bwaturutse ku bwumvikane bucye kuri ibyo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean Pierre yabwiye RADIOTV10 ko ukekwa kwivugana nyakwigendera, nyuma yo gufatwa yahise aruca akarumira.

Ati “Irondo rikimara kumufata yahise aceceke ntakintu na kimwe yigeze avuga. Ari kuri RIB sitasiyo ya Kamembe, haranakekwa ko ashobora kuba yamufashe ku ngufu kuko basanze yambaye ubusa igice cyo hasi, nta gikomere yari afite nta maraso, yapfuye anizwe.”

Nyakwigendera Niyonsenga Diane wakomogaka mu Karere ka Huye, bivugwa ko assize abana babiri, ndetse ubuyobozi bw’Umurenge wa Kamembe bukaba bwari bukiri gushakisha umuryango we mu gihe umurambo we wajyanywe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gihundwe.

Ni mu gihe Ngabirinze Eraste ukekwaho kumwica, ibyangombwa bye bigaragaza ko yabifatiye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, akaba yahise ajyanwa kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe.

Nyakwigendera yari afite akabari gacuruza inzoga zirimo n’urwagwa
Bimwe mu bikoresho bye
Basanze bimwe mu bikoresho byangiritse aho bakeka ko habanje kubaho gushyamirana
Abaturage bakeka umugabo bari bararanye
Gitifu avuga ko ukekwaho iki cyaha yanze kugira icyo avuga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

 Udushya twitezwe mu Iserukiramuco ‘Ubumuntu Arts Festival’ rizwiho umwihariko

Next Post

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Related Posts

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

IZIHERUKA

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije
MU RWANDA

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

BREAKING: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yirukanywe hatangazwa n’impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.