• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Muganza na Bugarama mu Karere ka Rusizi, batunguwe no kubona amazi menshi abasanga mu nzu zabo avuye mu migezi ya Cyagara na Katabuvuga yuzuye nyuma y’imvura idasanzwe yaguye, igasiga imiryango 130 ijya gucumbika mu baturanyi.

Imvura yatangiye kugwa mu mpera z’icyumweru gishize, yateye imigezi ya Cyagara na Katabuvuga kuzura bituma amazi ajya mu ngo z’abaturage adasize no mu mirima ihinzemo imyaka, yangiza amazu ibikoresho byo mu nzu birimo ibiryamirwa ndetse n’ibiribwa.

Mukamusoni Berthe wagizweho ingaruka n’iyi mvura, yavuze ko bagiye kubona bakabona amazi abateye mu nzu zabo batazi aho aturuka, akangiza ibyabo byose, ku buryo basigariye aho.

Yagize ati “Twagiye kubona tubona amazi yiroshye mu nzu. Nta kintu twasigaranye, ibintu byose ni ibyo natiye, nta basi nta safuriya, ibya matora byo mwabibonye, imwe yo yaranagiye.”

Bamwe mu baturage bagiye gucumbika mu baturanyi babo ndetse akazi kose kaba gutunganya ibyangijwe n’aya mazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge waBugarama, Nsengiyumva Vincent de Paul yavuze ko hakwiye kugira igikorwa kuri iyi migezi yateye ibi biza.

Ati “Hakwiye gukorwa inyigo ifashe irimo ubuhanga bw’abenjeniyeri, hakarebwa uburyo amazi amanuka mu misozi yafatirwa ruguru hagacukurwa wenda ibyobo byo kuyafata”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr. Kibiriga Anicet yihanganishije abahuye n’iri sanganya, avuga ko ku bufatanye n’umuryango utabara imbarare wa croix rouge bagiye kubaha ubufasha.

Ati “Abaturage bahuye n’ibiza turabihanganishije kandi ikindi ni uko ubuyobozi bw’Akarere bubari inyuma mu kubashakira ibyo kurya n’ibyo kuryamaho. Twarangije kuvugana na croix-rouge, hari ibyo yatwemereye ku buryo umunsi w’ejo tuzatangira gutabara iyo miryango.”

Ibi biza nta buzima bw’umuntu byahitanye, icyakora ubwo iyi nkuru yatunganywaga hari hamaze kubarurwa inzu 14 zaguye burundu ndetse n’izigera kuri 220 zangiritse ku buryo bukabije.

Hangiritse ibihingwa birimo n’umuceri byose ku buso bwa hegitari 3.5, hapfa inkoko 32, ihene 6 ndetse n’ingurube imwe.

Ibikoresho byo mu nzu byangiritse
Mu mirima imyaka na yo ni uku byayigendekeye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + three =

Previous Post

Ibyuka biryana biri kuvuza ubuhuha i Nairobi: Abigaragambya bakamejeje- Ikiganiro n’uriyo

Next Post

Uzwiho gutitiza imbuga nkoranyambaga yaciye impaka agaragaza imodoka y’umuturika yaguze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uzwiho gutitiza imbuga nkoranyambaga yaciye impaka agaragaza imodoka y’umuturika yaguze

Uzwiho gutitiza imbuga nkoranyambaga yaciye impaka agaragaza imodoka y’umuturika yaguze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.