Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru y’ibihuha yavugaga ko Aimabe Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza ubu akaba afunzwe, yitabye Imana, yamaganiwe kure, ndetse muri iki gitondo yabyutse nk’abandi bagororwa afata ibitunga umubiri bya mu gitondo.

Kuva ejo ku mbuga nkoranyambaga, nka Twitter ndetse na Facebook hakomeje gucicikana amakuru y’ibihuha, avuga ko Amaible Karasira ufungiye mu Igororero rya Nyarugenge, yaba yitabye imana.

Ni amakuru akomeje gukwirakwizwa n’abakunze kuvuga nabi u Rwanda, bahimba ibinyoma bigamije kurugaragaza nabi isura nziza yarwo rusanganywe.

Uwiyita Wa-Kanda kuri Twitter ukunze gutambutsa ibitekerezo bisebya u Rwanda, mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “RIP (Ruhukira Mu Mahoro) Kararasira Aimable […] Tuzahora tukwibuka nk’intwari, gupfa ni ibisanzwe iyo uzize ukuri, Imana igukomeze Karasira mwiza.”

Aya makuru y’igihugu kandi yagiye anavugwa n’abandi bakunze kuvuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda barimo uwiyita Kamena June kuri Twitter, na we wavuze ko hari kwishimirwa urupfu rwa Aimable Karasira.

Amakuru twakuye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) avuga ko Aimable Karasira ameze neza aho afungiye, akomeje ubuzima busanzwe nk’ubw’abandi bagororwa.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yagize ati “Karasira ni muzima, nta n’ubwo arwaye.”

Andi makuru kandi avuga ko Karasira mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, yabyutse afite imbaraga aho afungiye ndetse afata ifunguro rya mu gitondo [igikoma] nk’abandi bagenzi be bagororerwa mu igororero rimwe.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Amakuru ko Karasira yapfuye ni ikinyoma. Karasira yabyutse yinywera igikoma rwose.”

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, agiye kumara imyaka ibiri afunze, kuko yatawe muri yombi tariki 31 Gicurasi 2021, akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukurura amacakubiri mu Banyarwanda.

Uyu mugabo uhakana ibyaha ashinjwa, yakunze gusaba Urukiko kurekurwa akajya kwivuza indwara zirimo iyo mu mutwe, yanakunze kugaragaza nk’impamvu yo kuba atari akwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 mu kwezi k’Ugushyingo, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishaga Karasira Aimable, rwiyambuye ububasha, ruvuga ko ibyo aregwa biri ku rwego rwo kuburanishwa n’Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 3 =

Previous Post

Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho

Next Post

Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.