Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Ari kwinywera igikoma atekanye- Ibyahwihwiswaga ko Karasira atakiriho byamaganiwe kure
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru y’ibihuha yavugaga ko Aimabe Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza ubu akaba afunzwe, yitabye Imana, yamaganiwe kure, ndetse muri iki gitondo yabyutse nk’abandi bagororwa afata ibitunga umubiri bya mu gitondo.

Kuva ejo ku mbuga nkoranyambaga, nka Twitter ndetse na Facebook hakomeje gucicikana amakuru y’ibihuha, avuga ko Amaible Karasira ufungiye mu Igororero rya Nyarugenge, yaba yitabye imana.

Ni amakuru akomeje gukwirakwizwa n’abakunze kuvuga nabi u Rwanda, bahimba ibinyoma bigamije kurugaragaza nabi isura nziza yarwo rusanganywe.

Uwiyita Wa-Kanda kuri Twitter ukunze gutambutsa ibitekerezo bisebya u Rwanda, mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “RIP (Ruhukira Mu Mahoro) Kararasira Aimable […] Tuzahora tukwibuka nk’intwari, gupfa ni ibisanzwe iyo uzize ukuri, Imana igukomeze Karasira mwiza.”

Aya makuru y’igihugu kandi yagiye anavugwa n’abandi bakunze kuvuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda barimo uwiyita Kamena June kuri Twitter, na we wavuze ko hari kwishimirwa urupfu rwa Aimable Karasira.

Amakuru twakuye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) avuga ko Aimable Karasira ameze neza aho afungiye, akomeje ubuzima busanzwe nk’ubw’abandi bagororwa.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yagize ati “Karasira ni muzima, nta n’ubwo arwaye.”

Andi makuru kandi avuga ko Karasira mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, yabyutse afite imbaraga aho afungiye ndetse afata ifunguro rya mu gitondo [igikoma] nk’abandi bagenzi be bagororerwa mu igororero rimwe.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Amakuru ko Karasira yapfuye ni ikinyoma. Karasira yabyutse yinywera igikoma rwose.”

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, agiye kumara imyaka ibiri afunze, kuko yatawe muri yombi tariki 31 Gicurasi 2021, akurikiranyweho ibyaha birimo guha ishingiro no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukurura amacakubiri mu Banyarwanda.

Uyu mugabo uhakana ibyaha ashinjwa, yakunze gusaba Urukiko kurekurwa akajya kwivuza indwara zirimo iyo mu mutwe, yanakunze kugaragaza nk’impamvu yo kuba atari akwiye gukorerwa uburyozwacyaha.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2022 mu kwezi k’Ugushyingo, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishaga Karasira Aimable, rwiyambuye ububasha, ruvuga ko ibyo aregwa biri ku rwego rwo kuburanishwa n’Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + twelve =

Previous Post

Umu-Dj ukunzwe mu Rwanda arasaba inkunga y’amasengesho

Next Post

Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Ushatse wasezera ukajya mu bindi- Perezida Kagame abwira abayobozi batitandukanya n’imikorere itanoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.