Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe abaganga bagira inama abantu koza amenyo nibura kabiri ku munsi, mu Rwanda ababasha kubyubahiriza ni 25%. Umubare uri hasi cyane, abatabikora bakavuga ko uwo mwanya batawubona.

Abahanga mu buvuzi bw’indwara zo mu kanwa, bavuga ko kutoza amenyo inshuro ebyiri ku munsi byongera 33% y’ibyago byo kurwara indwara z’amenyo.

Indwara zo mu kanwa n’iz’amenyo ni zimwe mu zibangamiye ubuzima bw’Abanyarwanda, by’umwihariko icyiciro cyibasiwe n’iyi ndwara, ni abana bato nkuko ikigo cy’ubuzima RBC kibitangaza gifatanyije n’ Urugaga rw’abaganga b’amenyo.

Bamwe mu Banyarwanda babwiye RADIOTV10 ko koza amenyo inshuro ebyiri ku munsi ari ihurizo kuri bo, kuko hari impamvu nyinshi zituma batabikurikiza.

Umwe ati “Njyewe mbyuka saa kumi za mu gitondo (04:00’) ngiye guhinga, ubwo koko urumva nabona umwanya wo kujya koza amenyo?” 

Undi muturage wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko ubukene buri mu bituma badashobora koza amenyo izo nshuro ebyiri ku munsi.

Ati “Sinyobewe ko koza amenyo ari byiza birinda indwara, ariko se wahingira igihumbi ukajya kugura umuti w’amenyo aho kugura ibishyimbo by’abana.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko indwara nyinshi abantu bajya kwivuza ku Bigo Nderabuzima, ari indwara zo mu kanwa kubera kutahakorera isuku ihagije.

Yagize ati “Ugiye ku Bigo Nderabuzima usanga indwara nyinshi abantu bivuza ari izo mu kanwa, biterwa nuko abantu bararya ibirimo isukari, umunyu, umusururu n’ikigage ibyo byose bafata nta n’umwe wivuza. Ni ho indwara z’amenyo zituruka kubera ko batabashije koza amenyo.”

Ubushakashatsi bugaragaza ko 64,9% by’Abanyarwanda barwaye amenyo, muri bo 54,3% ntibigeze bivuza, naho mu bantu baza kwa muganga 5% baba baje kwivuza indwara.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 8 =

Previous Post

Tshisekedi yavuze ibyakorogoshoye M23 ihita imwerurira ukuri kwayo

Next Post

Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.