Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima kigaragaza ko umuntu umwe kuri batanu mu Rwanda; ni ukuvuga 20%, bagendana ibibazo byo mu mutwe, aho Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu kugaragaramo ibyo bibazo, kuko nko mu Karere ka Gasabo konyine, imibare iri kuri 36%.

Ibi byatangarijwe mu Ihuriro ry’Imiryango ishinzwe kurywanya ihungabana mu karere k’Ibiyaga Bigari, riri kubera mu Rwanda, rizama iminsi ibiri, ryateguwe n’Inama y’Abaporotesitanti mu Rwanda (CPR).

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuzima bwo mu mutwe muri RBC, Dr Jean Damascene Iyamuremye yavuze ko babara ko Abanyarwanda 20% bangana n’umwe kuri batanu bagendana ibibazo byo mu mutwe, naho mu bice byibasiriwe cyane, habarwa umwe kuri babiri, ni ukuvuga 52% bagendana n’ikibazo kimwe cyangwa byinshi byo mu mutwe

Yagize ati “Indwara ikunze kwibasira abantu, ni indwara yitwa Depression irangwa n’agahinda gakabije ku baturage bose ni 12% ariko ku barokotse Jenoside ni 35%.”

Akomeza agaragaza ko ibice by’imijyi ari byo byibasiwe cyane kurusha ibice by’icyaro.

Ati “Izi ndwara zo mu mutwe umujyi wa Kigali ni wo wibasiwe cyane uza ku mwanya wa mbere uharariwe na Gasabo ifite ibibazo byinshi ku kigero cya 36%, ukurikiwe n’Amajyepfo ahagarariwe n’umujyi wa Huye bo bari 30,4%, Rusizi ntabwo iri kure ndetse na Rubavu.”

Yavuze ko ubuzima bwa ba nyamwigendaho bw’abanyamugi, bushobora kugira ingaruka nyinshi zo kwibasirwa n’ibi bibazo, agasaba abantu kutibana kuko byongera kuzamura umubare wo kwigunga.

Yakomeje agira ati “Abanyamadini bigisha umubano urukundo bituma ibibazo byo mu mutwe bigabanuka.”

Abitabiriye iyi nama

 

Uko byifashe mu Bihugu by’ibituranyi

Lydia Mizero waje aharariye Ishyirahamwe (ACTION SANTE POUR TOUS) bafasha Abarundi mu bibazo by’ubuzima cyane cyane ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, yavuze ko ikibazo gikomereye Abarundi bafite ari uko Abarundi batagira umuco wo kwivuza.

Ati “Iyo umuntu batamubwiye ngo iyo ndwara irakwica Abarundi ntibivuza bigatuma bajya kwa muganga barembye cyane bituma ibibazo by’ihungabana biba byinshi cyane.”

Yavuze ko umwe mu bantu icumi aba afite ikibazo cy’ihungabana mu Burundi.

Dr Martial waturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uhagariye uzima bwo mu mutwe muri Kivu ya Ruguru na Butembo yavuze ko iwabo ihungabana riterwa n’ubukene, ndetse n’intambara zidashira zihorayo.

Yagize ati “Hashize imyaka irenga 20 mu Gihugu cyacu haba intambara ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro kongeraho ibyorezo bikomeye birimo Ebola byatumye imibare y’abafite ibibazo byo mu mutwe izamuka.”

Pasiteri Samuel Mutabazi ukora muri CPR ukuriye ishami ry’uburezi n’imibereho myiza, yasobanuye ko inama nk’iyi ibereye mu Rwanda bwa kabiri n’ihuriro ryitwa Reseau Trauma Integration dans la sous region de Grand Lac (Ihuriro ry’imiryango ishinzwe kurwanya ihungabana rishingiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 n’izindi mpamvu zinyuranye zitera ihungabana muri aka karere k’ibiyaga bigari).

Yagize ati “Iyi ni inshuro ya kabiri twakiriye iri huriro, twizemo byinshi kuko iyi miryango irwanya ihungabana yahuriye hano turi kuganira dufate izindi ngamba, ari abaturutse i Burundi, Congo no mu Budage turanoza imikoranire hagamijwe kugira ngo twite ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe no kuyigabanya bishoboka.”

Mu Rwanda nkuko ubushakashatsi bwabigaragaje muri 2018 ihungabana ku baturage bose ni 3,6% muri rusange, ariko ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, rikaba ryari rihagaze kuri 28.9%.

Naho mu bibazo byo mu mutwe muri rusange birimo n’ihungabana, Abanyarwanda 20% bagendana ibibazo byo mu mutwe.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Next Post

Hamenyekanye ibizabanza gukorwa ngo Kayishema yoherezwe mu Rwanda

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

Hamenyekanye ibizabanza gukorwa ngo Kayishema yoherezwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.