Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
30/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya agace kaza imbere mu Rwanda mu kugira abafite ibibazo byo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima kigaragaza ko umuntu umwe kuri batanu mu Rwanda; ni ukuvuga 20%, bagendana ibibazo byo mu mutwe, aho Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu kugaragaramo ibyo bibazo, kuko nko mu Karere ka Gasabo konyine, imibare iri kuri 36%.

Ibi byatangarijwe mu Ihuriro ry’Imiryango ishinzwe kurywanya ihungabana mu karere k’Ibiyaga Bigari, riri kubera mu Rwanda, rizama iminsi ibiri, ryateguwe n’Inama y’Abaporotesitanti mu Rwanda (CPR).

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuzima bwo mu mutwe muri RBC, Dr Jean Damascene Iyamuremye yavuze ko babara ko Abanyarwanda 20% bangana n’umwe kuri batanu bagendana ibibazo byo mu mutwe, naho mu bice byibasiriwe cyane, habarwa umwe kuri babiri, ni ukuvuga 52% bagendana n’ikibazo kimwe cyangwa byinshi byo mu mutwe

Yagize ati “Indwara ikunze kwibasira abantu, ni indwara yitwa Depression irangwa n’agahinda gakabije ku baturage bose ni 12% ariko ku barokotse Jenoside ni 35%.”

Akomeza agaragaza ko ibice by’imijyi ari byo byibasiwe cyane kurusha ibice by’icyaro.

Ati “Izi ndwara zo mu mutwe umujyi wa Kigali ni wo wibasiwe cyane uza ku mwanya wa mbere uharariwe na Gasabo ifite ibibazo byinshi ku kigero cya 36%, ukurikiwe n’Amajyepfo ahagarariwe n’umujyi wa Huye bo bari 30,4%, Rusizi ntabwo iri kure ndetse na Rubavu.”

Yavuze ko ubuzima bwa ba nyamwigendaho bw’abanyamugi, bushobora kugira ingaruka nyinshi zo kwibasirwa n’ibi bibazo, agasaba abantu kutibana kuko byongera kuzamura umubare wo kwigunga.

Yakomeje agira ati “Abanyamadini bigisha umubano urukundo bituma ibibazo byo mu mutwe bigabanuka.”

Abitabiriye iyi nama

 

Uko byifashe mu Bihugu by’ibituranyi

Lydia Mizero waje aharariye Ishyirahamwe (ACTION SANTE POUR TOUS) bafasha Abarundi mu bibazo by’ubuzima cyane cyane ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, yavuze ko ikibazo gikomereye Abarundi bafite ari uko Abarundi batagira umuco wo kwivuza.

Ati “Iyo umuntu batamubwiye ngo iyo ndwara irakwica Abarundi ntibivuza bigatuma bajya kwa muganga barembye cyane bituma ibibazo by’ihungabana biba byinshi cyane.”

Yavuze ko umwe mu bantu icumi aba afite ikibazo cy’ihungabana mu Burundi.

Dr Martial waturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uhagariye uzima bwo mu mutwe muri Kivu ya Ruguru na Butembo yavuze ko iwabo ihungabana riterwa n’ubukene, ndetse n’intambara zidashira zihorayo.

Yagize ati “Hashize imyaka irenga 20 mu Gihugu cyacu haba intambara ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro kongeraho ibyorezo bikomeye birimo Ebola byatumye imibare y’abafite ibibazo byo mu mutwe izamuka.”

Pasiteri Samuel Mutabazi ukora muri CPR ukuriye ishami ry’uburezi n’imibereho myiza, yasobanuye ko inama nk’iyi ibereye mu Rwanda bwa kabiri n’ihuriro ryitwa Reseau Trauma Integration dans la sous region de Grand Lac (Ihuriro ry’imiryango ishinzwe kurwanya ihungabana rishingiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 n’izindi mpamvu zinyuranye zitera ihungabana muri aka karere k’ibiyaga bigari).

Yagize ati “Iyi ni inshuro ya kabiri twakiriye iri huriro, twizemo byinshi kuko iyi miryango irwanya ihungabana yahuriye hano turi kuganira dufate izindi ngamba, ari abaturutse i Burundi, Congo no mu Budage turanoza imikoranire hagamijwe kugira ngo twite ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe no kuyigabanya bishoboka.”

Mu Rwanda nkuko ubushakashatsi bwabigaragaje muri 2018 ihungabana ku baturage bose ni 3,6% muri rusange, ariko ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, rikaba ryari rihagaze kuri 28.9%.

Naho mu bibazo byo mu mutwe muri rusange birimo n’ihungabana, Abanyarwanda 20% bagendana ibibazo byo mu mutwe.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 5 =

Previous Post

Dutere ijisho muri Sitade Amahoro iri kunagurwa izaba iteye amabengeza niyuzura (AMAFOTO)

Next Post

Hamenyekanye ibizabanza gukorwa ngo Kayishema yoherezwe mu Rwanda

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayishema ukekwaho uruhare runini muri Jenoside yitabye Urukiko acigatiye igitabo cy’ijambo ry’Imana

Hamenyekanye ibizabanza gukorwa ngo Kayishema yoherezwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.