Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Raporo y’imikoreshereze y’inguzanyo za IMF igeze he?

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Raporo y’imikoreshereze y’inguzanyo za IMF igeze he?
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo hashize amezi atatu (3) ku gihe ntarengwa ngo u Rwanda na IMF bemeranije ko bagomba kugaragaza raporo ku mikoreshereze y’amafaranga asaga miliyoni 200 z’amadolari ya Amerika u Rwanda rwahawe mu mujyo wo kurwanya COVID-19, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta avuga ko atigeze asabwa gukora iyi raporo.

Umwaka wa 2020 warangiye  ikigenga mpuzamahanga cy’imari (IMF) gihaye u Rwanda miliyoni 220.06 z’amadolari ya Amerika, angana na miliyari 216,453,216,000.

Aka kayabo kinjiye mu Rwanda mu mujyo wo guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ku mibereho y’abaturage. Gusa mu kwezi k’Ukuboza 2020, IMF yagaragaje ko u Rwanda rwabemereye ko aya mafaranga azakoreshwa neza kubera ko ngo amasoko ya leta asigaye atangirwa ku ikoranabuhanga. Ndetse ngo n’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta azakoresha ubwigenge bwe akora igenzura ry’imikoreshereze yayo ndetse bemeranya ko igomba gutangwa bitarenze ukwezi kwa Gicurasi 2021.

Nyuma y’amezi atatu arenze ku gihe ntarengwa cyo kugaragaza iyi raporo, Obadiah Biraro, umugenzuzi mukuru w’imari n’umutungo bya leta yabwiye RadioTV10 ko abafite inyungu muri iyo raporo ari IMF na Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN).

Abajijwe niba hari urwego rwaba rwarigeze rumusaba gukora iryo genzura yavuze ko yakoze raporo y’imikoreshereze y’umutungo wa leta muri rusange.

“Tariki 11 Gicurasi 2021, umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatanze raporo mu nteko ( inteko ishingamategeko) bayijyaho impaka amasaha atatu. Igisubizo cyoroshye ni uko umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yatanze raporo y’ingengo y’imari ya leta yose yakoreshejwe.” Biraro

Obadiah Biraro umugenzuzi mukuru w’imari n’umutungo bya leta 

Obadiah Biraro abajijwe niba raporo kuri iyi mikoreshereze y’inguzanyo u Rwanda rwahawe na IMF ishobora gukorwa mu buryo butandukanye n’iyatanzwe ku ngengo y’imari y’igihugu, yavuze ko ibyo bigomba kubazwa Minisiteri y’imari n’igenamigambi kubera ko ari yo yiyemeje icyo gikorwa.

N’ubwo bagaragaza ko raporo y’aya mafaranga ishobora kuba ikubiye mu yatanzwe mu mikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta y’umwaka wa 2020/2021, umwaka wanarangiranye n’itariki ya 31 Kamena 2020.

Icyiciro cya nyuma cy’amafaranga angana na miliyoni 111.06 z’amadolari ya Amerika IMF yahaye u Rwanda yatanzwe kuya 11 Kamena 2020 kandi umugenzuzi mukuru w’imari ya leta yivugira ko raporo y’imikoreshereze y’imari ya leta yayitanze kuya 11 Gicurasi 2021.

Ibi bivuze ko ishobora kuba itarimo aya mafaranga yakiriwe mu kwezi kwa Kamena. Kuri iyi ngingo twagerageje kubaza Minisiteri y’imari n’igenamigambi, niba ibyo bemereye IMF bikubiye muri iyi raporo ariko ntibyakunze nka RadioTv10 tubibonera igisubizo.

Inkuru ya Nzabonimpa David/RadioTv10 Rwanda

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

DR CONGO: Igisasu cyaturikiye rwagati mu baturage umwe ahasiga ubuzima abandi 6 barakomereka

Next Post

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.