Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

radiotv10by radiotv10
31/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n’abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu buryo bwo kwikemurira ibibazo nk’Abanyarwanda ndetse no kwiyubakira Igihugu, bityo ko ukwiye kubabera inzira yo kwishakamo ibisubizo.

Ni Umuganda wo gukora umuhanda uturuka mu mujyi wa Kayonza ukerekeza ahitwa Giperefe, mu Kagari ka Kahi mu Mudugudu wa Nyamiyaga. Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, Hategekimana Fred, arasobanura ko kuba uyu muhanda warangiritse byabangamiraga ubworozi n’ubuhinzi bikorerwa muri aka gace.

Ati “Wari umuhanda wangiritse cyane ku buryo byabonekeraga buri wese. Ariko nanone ku bufatanye n’abaturage n’ubuyobozi bwite bwa Leta twiyemeje kuwukorera umuganda. Warabangamiye cyane kuko umukamo uturuka hano, nk’igice cy’ubuhinzi n’ubworozi, yaba umukamo n’umusaruro ukomoka ku buhinzi, kugira ngo bigere ku isoko wabonaga ko bigorana cyane.”

Bamwe mu baturage banavuga ko, usibye kuba uyu muhanda watumaga umusaruro n’umukamo bigera ku masoko mu buryo bugoranye, mu gihe cy’imvura ibinyabiziga byahangirikaga.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, wifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Gahini mu gusana uyu muhanda, yabahaye intashyo z’Umukuru w’Igihugu, anibutsa abaturage ko umuganda ari kimwe mu buryo Abanyarwanda bakoresha bwo kwishakamo ibisubizo.

Ati: “Igikorwa cy’umuganda ni uburyo bumwe Abanyarwanda twabonye bwo kwikemurira ibibazo, tukishakamo ibisubizo nk’intore ziyubaha. Iyo dukoze umuhanda nk’uyu tuba tubyikoreye tudategereje ko abandi bazaza kubidukorera. Ni yo mpamvu imbaraga zacu zose tuzazikoresha kugira ngo twubake iki Gihugu dufatanije.”

Minisitiri w’Intebe yibukije kandi ko umuganda ari kimwe mu biranga ubutwari bukomoka ku Ntwari z’Igihugu.

Ati “Ibi dukoze hano ni igikorwa cy’ubutwari. Iyo dukoze nk’ibi, twibuka ziriya Ntwari zacu, ruriya rubyiruko rw’abahungu n’abakobwa rwitanze rugatanga n’amaraso yarwo, byari ukugira ngo natwe tube twakwishakamo ibisubizo nk’ibi, dutere imbere bituvuyemo.”

Ni umuhanda uhuza Umurenge wa Gahini na Giperefe, ufite uburebure bwa kilometero 36, muri zo kilometero 19 zari zarangiritse.

Minisitiri w’Intebe yakoranye umuganda n’abaturage b’i Kayonza

Yabibukie ko Umuganda ukwiye kubabera inzira yo kwikemurira ibibazo badategereje abandi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Next Post

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w'Intwari z'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.