Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Maroc ndetse n’Umwami w’iki gihugu

radiotv10by radiotv10
10/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Maroc ndetse n’Umwami w’iki gihugu

Perezida Kagame yihanganishije Umwami Mohammed VI n’Abanya-Maroc

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yihanganishije abaturage ba Maroc bibasiwe n’umutingito, wahitanye benshi abandi barakomereka.

Perezida Kagame yihanganishije Maroc ku bw’ibyago by’umutingito iki gihugu cyahuye na byo, aho yagize ati “Mu izina ry’Abanyarwanda bose, nifatanyije mu kababaro n’Umwami Mohammed VI, imiryango y’ababuze ababo n’Abanya-Maroc muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.”

Ni umutingito wahitanye ubuzima bw’abantu benshi aho kuri hamaze kubarurwa abarenga 2100 , ndetse imibare ikaba ishobora kwiyongera. Uyu mutingito wibasiye Maroc mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki 9 Nzeri 2023.

Uretse kuba wishe abantu benshi abandi bagakomereka, ngo wangije imitungo myinshi ndetse uteza ubwoba bwinshi mu bantu mu Mujyi w’ubukerarugendo wa Marrakech, no mu yindi mijyi itandukanye.

Usibye Perezida Kagame wihanganishije akanifatanya n’abaturage ba Maroc muri ibi bihe barimo bitoroshye, Papa Francis, Abaperezida b’ibihugu bya Amerika, Russia, France, Ukraine, hari kandi Perezida wa komisiyo ya AU, Moussa Faki n’abandi, bifatanyije n’aba baturage mu kuboherereza ubutumwa bubihanganisha ndetse hari n’ababemereye ubufasha.

RADIOTV10RWANDA

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 18 =

Previous Post

U Rwanda rwasezerewe na Algeria muri 1/4 cy’Igikombe cya Afurika muri Vollryball

Next Post

Abantu bataramenyekana biraye mu mirima ituburirwamo imbuto y’ibirayi barabyiba

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu bataramenyekana biraye mu mirima ituburirwamo imbuto y’ibirayi barabyiba

Abantu bataramenyekana biraye mu mirima ituburirwamo imbuto y’ibirayi barabyiba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.