• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uko abarimo umukecuru bafatanywe imifuka yuzuye urumogi

radiotv10by radiotv10
21/11/2023
in Uncategorized
0
Uko abarimo umukecuru bafatanywe imifuka yuzuye urumogi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu barimo umukecuru w’imyaka 72 n’umuhungu we, bafatiwe mu Murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana, bafite ibilo 105 by’urumogi ruri mu mifuka, bikekwa ko rwavuye muri Tanzania rugafatwa nyuma y’iminsi ibiri.

Aba bantu bafatiwe mu Mudugudu wa Cyimbazi mu Kagari ka Ntunga mu Murenge wa Mwulire, ku Cyumweru tariki 19 Ugushyingo 2023.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ifatwa ry’aba bantu, ryaturutse ku makuru yakiriye ku wa Gatanu tariki 17 Ugushyingo 2023, ko hari umugabo winjije mu Rwanda urumogi anyuze mu nzira zitemewe mu Karere ka Kirehe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yagize ati “Akimara kwinjiza mu Rwanda ibyo biyobyabwenge, yabivanye mu Karere ka Kirehe, akomeza yerekeza mu Mudugudu wa Cyimbazi, akagari ka Ntunga mu murenge wa Mwulire wo mu Karere ka Rwamagana.”

SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko nyuma y’uko Polisi imenya aya makuru, yahise itegura igikorwa cyo gufata uwo mugabo w’imyaka 28, ikaza kumufata ku Cyumweru ari kumwe n’umukecuru w’imyaka 72 ndetse n’umuhungu we w’imyaka 38 bari mu nzu yari irimo urwo rumogi rupima ibilo 105.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu mugore n’umuhungu we, bikekwa ko ari bo nyiri ibi biyobyabwenge, ubu bose yaba bo ndetse n’uwo mugabo warwinjije bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kigabiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 2 =

Previous Post

Chad: Ukuriye abatavuga rumwe n’ubutegetsi yabasabye ikitari cyitezwe

Next Post

Liberia: George Weah wari Perezida yatsinzwe na Boakai w’imyaka 78 mu matora

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Liberia: George Weah wari Perezida yatsinzwe na Boakai w’imyaka 78 mu matora

Liberia: George Weah wari Perezida yatsinzwe na Boakai w’imyaka 78 mu matora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.