Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UN yakomoje ku binengwa nk’amagambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
18/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku magambo adakwiye ya Tshisekedi kuri Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganiye kure imbwirwaruhame z’urwango zikomeje kumvikana mu bikorwa byo kwimamaza, avuga ko anahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’ibikorwa bihonyora uburenganizira bwa muntu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa UN muri DRC, Bintou Keita, yagaragaje ko ibiri kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biteye inkeke.

Yagize ati “Mpangayikishijwe n’ubwiyongere bw’ibikorwa by’ihohoterwa, ibyo kubangamira kwiyamamaza ndetse n’imbwirwaruhame z’urwango zivugirwa mu bikorwa byo kwiyamamaza.”

Yakomeje avuga ko hamaze kugaragara ibikorwa byinshi bihonyora uburenganzira bwa muntu muri iki Gihugu cyitegura amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Bintou Keita atangaje ibi nyuma y’iminsi micye Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi uri gushaka manda ya kabiri, yumvikanye yibasira u Rwanda n’Umukuru warwo Perezida Paul Kagame, amuvugaho amagambo yamaganiwe kure, kuko yumvikanamo urwango afite iki Gihugu cy’igituranyi n’umukuru wacyo.

Bintou Keita, muri ubu butumwa bwe, yakomeje asaba ko inzego z’ubucamaza gukurikirana abantu bakomeje kugira uruhare muri uru ruhuri rw’ibibazo bikomeje kugaragara muri Congo.

Akomeza agira ati “Ndahamagarira kandi abakandida n’ababashyigikiye kwirinda kwijandika mu bikorwa by’ihohoterwa no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro mu bikorwa byo kwiyamamaza.”

Yasoje ubutumwa bwe asaba abayobozi ba kiriya Gihugu, gushyiraho ingamba zo kwirinda icyahungabanya amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri iki cyumweru.

Iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kigiye kwinjira mu matora y’Umukuru w’Igihugu kimaze igihe kiri mu mvururu z’urudaca z’intambaga imaze igihe ihanganishije FARDC na M23.

Ni intambara yarushijeho gukara uko iminsi yagiye ishira, mu gihe hafashwe ingamba zigamije kuyihosha, ariko ubutegetsi bw’iki Gihugu bukaba bwaraziteye umugongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Next Post

Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali
MU RWANDA

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

Cabo Delgado: Amashimwe y’abaturage aritsa kuri RDF ngo iramutse ihavuye nabo ntibaharara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.