Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impyisi yateje ikikango hafi ya kaminuza birangira na yo yishwe

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Impyisi yateje ikikango hafi ya kaminuza birangira na yo yishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Impyisi yari yigize ingunge hafi ya kaminuza imwe iherereye mu Murwa Mukuru wa Kenya, i Nairobi; yishwe na yo imaze kurya umuntu umwe iramumara.

Ni nyuma y’uko impyisi zigabije umuturage wari uri gutashya inkwi mu ishyamba riri hafi y’iyi Kaminuza yitwa Multimedia University, ziramwirukankana ziramurya wese.

Iyi kaminuza iherereye mu mbago za Pariki y’Igihugu izwi nka Nairobi National Park isanzwe ibamo inyamaswa z’inkazi zirimo Impyisi, Intare n’Ibisamagwe.

Bivugwa ko umwe mu banyeshuri wari uri hafi, yumvise induru y’uwo muntu ari gutabaza, akihutira kujya gutabara ajyanywe n’umuntu umwe, bagezeyo na bo zirabigabiza zirabakomeretsa.

Ibyo byateje uburakari mu baturage cyane abaturiye iyo parike y’inyamanswa ndetse n’abanyeshuri biga muri iyo kaminuza, bavuga ko barambwiye kwangirizwa n’inyamanswa none ngo bigeze no kuba zitangiye kurya abantu.

Ikigo gishinzwe inyamanswa muri Kenya, kivuga ko iyo mpyisi yishwe ndetse ngo bari kureba ko nta burwayi yaba yasigiye abantu yariye.

Abanyeshuri bo muri kaminuza biriwe mu myigarambyo bamagana imicungire mibi y’umutekano bavuga ko batarinzwe nyamara bizwi neza ko baturiye parike icumbikiye inyamanswa z’inkazi. Bahisemo gufunga umuhanda uva kuri parike ngo barebe ko ibyifuzo byabo byakumvwa.

Kuva muri Mutarama uyu mwaka impyisi zirya zikanangiza iby’abaturage zariyongereye kugera aho kaminuza yo ubwayo yakunze gushyiraho amatangazo n’amasomo yihariye y’uburyo umuntu akwiye kwifata mu gihe ahuye n’impyisi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Uwakurikiye Tshisekedi mu matora yongeye kumwikoma kubera ibyamubayeho ageze mu ndege ye

Next Post

Menya ibikorwa byatumye Ingengo y’Imari yiyongeraho Miliyari 85Frw birimo ibihanzwe amaso na benshi

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

by radiotv10
03/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko bitangaje kuba u Bufaransa bwibutse ko bwajya gukorera...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibikorwa byatumye Ingengo y’Imari yiyongeraho Miliyari 85Frw birimo ibihanzwe amaso na benshi

Menya ibikorwa byatumye Ingengo y’Imari yiyongeraho Miliyari 85Frw birimo ibihanzwe amaso na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.