Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabye ko Harelimana Joseph uzwi nka Apotre Yongwe ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, agakatirwa gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya miliyini 5 Frw.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024, Apotre Yongwe yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruherereye i Kibagabaga, kugira ngo aburane mu mizi ku byaha ashinjwa.

Uyu mukozi w’Imana wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, kubera ibiganiro yahatangiraga; akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku mafaranga yakaga abakristu ngo azabasengere abizeza ibitangaza bazakorerwa n’Imana.

Imodoka yazanye uyu mukozi w’Imana ari kumwe n’abandi bafungwa, yageze ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, ku isaha zirengaho iminota.

Ku rukiko hari abantu benshi barimo abo mu muryango wa Yongwe, ndetse n’abanyamakuru biganjemo abakorera imiyoboro ya YouTube, bari baje gutara amakuru y’urubanza rw’uyu mukozi w’Imana ukurikirwa na benshi.

Apotre Yongwe wamaze kwambikwa imyambaro y’imfungwa zitarakatirwa, y’iroza, yari yambaye n’inkweto zo hasi z’umukara, mu gihe yatambukaga yerecyeza ku cyumba ry’Urukiko, bamwe mu bo mu muryango we bashakaga kumuramutsa, ariko abacungagereza bakababuza.

Uyu mugabo watawe muri yombi mu ntangiro z’Ukwakira 2023, yaburanishijwe ku ifungwa ry’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwamufatiye icyemezo cyo gufungwa iminsi 30.

Ni icyemezo yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, aho yarubwiraga ko urwafashe icyemezo cyo kumufunga hari ibyo rwirengagije birimo kuba ayo mafaranga ashinjwa kwaka abantu akoresheje uburiganya, hirengagijwe ko yabaga ari amaturo kandi ko ntawe yashyiragaho igitutu ngo bayamuhe.

Mu iburana ryo kuri uyu wa Kabiri, Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo busobanure ibyo bushinja uregwa, bugaruka ku bitangaza yizezaga abantu akabaka amafaranga ngo abosengere bazabibone, ariko bakabitegereza amaso agahera mu kirere.

Bwavuze kandi ko Apotre Yongwe yagaragaye mu mashusho atandukanye, yiyemerera ko atunzwe n’amafaranga ahabwa n’abantu, abasaba kumwoherereza andi ngo abasengere babone ibyo bifuzaga.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yakaga abantu ayo mafaranga abizi neza ko ibyo abizeza bidashoboka, bityo ko akwiye guhamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Ubushinjacyaha bwasabiye uregwa guhamywa icyaha, busaba Urukiko kumukatira gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya miliyoni 5 Frw, ndetse akanasubiza amafaranga yahawe n’abantu batandukanye bayamwishyuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Next Post

America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.