Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabye ko Harelimana Joseph uzwi nka Apotre Yongwe ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, agakatirwa gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya miliyini 5 Frw.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024, Apotre Yongwe yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruherereye i Kibagabaga, kugira ngo aburane mu mizi ku byaha ashinjwa.

Uyu mukozi w’Imana wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, kubera ibiganiro yahatangiraga; akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku mafaranga yakaga abakristu ngo azabasengere abizeza ibitangaza bazakorerwa n’Imana.

Imodoka yazanye uyu mukozi w’Imana ari kumwe n’abandi bafungwa, yageze ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, ku isaha zirengaho iminota.

Ku rukiko hari abantu benshi barimo abo mu muryango wa Yongwe, ndetse n’abanyamakuru biganjemo abakorera imiyoboro ya YouTube, bari baje gutara amakuru y’urubanza rw’uyu mukozi w’Imana ukurikirwa na benshi.

Apotre Yongwe wamaze kwambikwa imyambaro y’imfungwa zitarakatirwa, y’iroza, yari yambaye n’inkweto zo hasi z’umukara, mu gihe yatambukaga yerecyeza ku cyumba ry’Urukiko, bamwe mu bo mu muryango we bashakaga kumuramutsa, ariko abacungagereza bakababuza.

Uyu mugabo watawe muri yombi mu ntangiro z’Ukwakira 2023, yaburanishijwe ku ifungwa ry’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwamufatiye icyemezo cyo gufungwa iminsi 30.

Ni icyemezo yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, aho yarubwiraga ko urwafashe icyemezo cyo kumufunga hari ibyo rwirengagije birimo kuba ayo mafaranga ashinjwa kwaka abantu akoresheje uburiganya, hirengagijwe ko yabaga ari amaturo kandi ko ntawe yashyiragaho igitutu ngo bayamuhe.

Mu iburana ryo kuri uyu wa Kabiri, Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo busobanure ibyo bushinja uregwa, bugaruka ku bitangaza yizezaga abantu akabaka amafaranga ngo abosengere bazabibone, ariko bakabitegereza amaso agahera mu kirere.

Bwavuze kandi ko Apotre Yongwe yagaragaye mu mashusho atandukanye, yiyemerera ko atunzwe n’amafaranga ahabwa n’abantu, abasaba kumwoherereza andi ngo abasengere babone ibyo bifuzaga.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yakaga abantu ayo mafaranga abizi neza ko ibyo abizeza bidashoboka, bityo ko akwiye guhamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Ubushinjacyaha bwasabiye uregwa guhamywa icyaha, busaba Urukiko kumukatira gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya miliyoni 5 Frw, ndetse akanasubiza amafaranga yahawe n’abantu batandukanye bayamwishyuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + sixteen =

Previous Post

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Next Post

America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.