Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi batandukanye, barimo Francis Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, wahawe inshingano zo kuba Komiseri muri Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu.

Bikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Mu bahawe inshingano, harimo Umunya-Burkina Faso, Dr Lassina Zerbo, wagizwe Umujyanama mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, mu bijyanye n’ingufu, ndetse akazabibangikanya no kuba umwe mu bagize akanama gashinzwe politiki muri Perezidansi.

Uyu wagize imyanya inyuranye mu Gihugu akomokamo cya Burkina Faso, akaba yaranabaye na Minisitiri w’Intebe w’Agateganyo wacyu hagati ya 2021 na 2022, ubu akaba yahawe inshingano muri Perezidansi y’u Rwanda, yari asanzwe ari Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigo Gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda kizwi nka RAEB.

Mu bandi bahawe inshingano, barimo Jean Bosco Mugiraneza wagizwe Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ingufu muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Dr Jack Ngarambe, wagize Umuyobozi Mukuru ushinzwe guteza imbere imijyi, n’ibijyanye n’imyubakire muri iyi Minisiteri, Gemma Maniraruta, agirwa Umuyobozi Mukuru ushinzwe Amazi n’Isukura, na Emmanuwel Nuwamanya, we wagizwe ushinzwe gusesengura igenamigambi.

Mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere Imiturire (RHA) na ho hashyizwe mu myanya abayobozi batandukanye, barimo Emmanuel Ahabwe wagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe iterambere rya gahunda yo kubaka inzu zidahenze.

Ni mu gihe Patrick Emille Baganizi wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo wa RURA, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’ikigo cy’Imari yo gusana imihanda (RMF).

Mu bandi bahawe inshingano n’Inama y’Abaminisitiri, barimo Kaboneka Francis wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu hagati ya 2014 na 2018, ndetse na Thadee Tuyizere wigeze kuba Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Kamonyi, bagizwe ba Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu.

ABASHYIZWE MU MYANYA BOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

Next Post

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Related Posts

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

IZIHERUKA

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje
AMAHANGA

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.