Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yiga ku kibazo cy’intambara imaze igihe ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza, hagaragajwe ko uruhande rumwe rwa Israel rufite ubushake bwo kubahiriza gahunda yo guhagarika imirwano igihe cyose Hamas yakora ibyo iyisaba, mu gihe uyu mutwe wo ukomeje kwinangira.

Ni inama yabereye mu Misiri, yatumijwe n’abasanzwe ari abahuza muri iki kibazo, barimo Abdel Fattah El-Sisi, Perezida w’iki Gihugu, Umwami wa Jordan, Abdullah II Ibn Al-Hussein, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, ikaba yanatumiwemo Abakuru b’Ibihugu nka Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres yavuze ko ibibera muri Gaza ari ubwa mbere yari abibonye.

Yagize ati “Hashize amezi umunani abasivile bo muri Gaza bari mu bibazo bikomeye. Urwego biriho ni ubwa mbere mbibonye kuva naba Umunyamabanga Mukuru.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yagaragaje ko nubwo umuzi w’iki kibazo, ukomeye ariko kuwushakira umuti bishoboka, kuko hari ingero zigaragaza ko ntakidashoboka.

Yagize ati “Imbaraga, uburyo n’ubushobozi biri muri iki cyumba; ntibishobora kunanirwa kugira icyo bikora mu buryo bwihuse bushyira iherezo ku bibazo byugarije abasivile batagira ingano nk’uko tubibona buri munsi.”

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken; yavuze ko Igihugu cye giherutse gushyiraho uburyo bwo gukemura iki kibazo mu buryo burambye, ariko ikibazo kikiri ku ruhande rumwe rwa Hamas.

Yagize ati “Ubwo ejo nahuranaga na Minisitiri w’Intebe Netanyahu; yagaragaje ko yiteguye kubahiriza aya masezerano. Kuri uwo munsi kandi Akanama Gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye katoreye uwo mwanzuro. Ibihugu 14 byarayemeye. Ariko kimwe ni cyo cyayabangamiye. Ndetse n’Ibihugu byose by’Abarabu birayashyigikiye. Kugeza uyu munsi ikintu kimwe cyonyine gituma atagerwaho ni Hamas.”

Amahanga akomeje gusaba ko impande zombi zishyira iherezo kuri iyi ntambara, icyakora Hamas yanze gutanga imfungwa za Israel, mu gihe iki Gihugu na cyo kivuga ko kitazigera gitererana abatuare bacyo, imbaraga za Dipolomasi nizinanirana ngo Israel izagarura abaturage bayo ku mbaraga za gisirikare; inasige ikumiriye ko ibyayibayeho byazongera ukundi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 5 =

Previous Post

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Next Post

Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial
MU RWANDA

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.