Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yiga ku kibazo cy’intambara imaze igihe ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza, hagaragajwe ko uruhande rumwe rwa Israel rufite ubushake bwo kubahiriza gahunda yo guhagarika imirwano igihe cyose Hamas yakora ibyo iyisaba, mu gihe uyu mutwe wo ukomeje kwinangira.

Ni inama yabereye mu Misiri, yatumijwe n’abasanzwe ari abahuza muri iki kibazo, barimo Abdel Fattah El-Sisi, Perezida w’iki Gihugu, Umwami wa Jordan, Abdullah II Ibn Al-Hussein, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, ikaba yanatumiwemo Abakuru b’Ibihugu nka Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres yavuze ko ibibera muri Gaza ari ubwa mbere yari abibonye.

Yagize ati “Hashize amezi umunani abasivile bo muri Gaza bari mu bibazo bikomeye. Urwego biriho ni ubwa mbere mbibonye kuva naba Umunyamabanga Mukuru.”

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yagaragaje ko nubwo umuzi w’iki kibazo, ukomeye ariko kuwushakira umuti bishoboka, kuko hari ingero zigaragaza ko ntakidashoboka.

Yagize ati “Imbaraga, uburyo n’ubushobozi biri muri iki cyumba; ntibishobora kunanirwa kugira icyo bikora mu buryo bwihuse bushyira iherezo ku bibazo byugarije abasivile batagira ingano nk’uko tubibona buri munsi.”

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony J. Blinken; yavuze ko Igihugu cye giherutse gushyiraho uburyo bwo gukemura iki kibazo mu buryo burambye, ariko ikibazo kikiri ku ruhande rumwe rwa Hamas.

Yagize ati “Ubwo ejo nahuranaga na Minisitiri w’Intebe Netanyahu; yagaragaje ko yiteguye kubahiriza aya masezerano. Kuri uwo munsi kandi Akanama Gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye katoreye uwo mwanzuro. Ibihugu 14 byarayemeye. Ariko kimwe ni cyo cyayabangamiye. Ndetse n’Ibihugu byose by’Abarabu birayashyigikiye. Kugeza uyu munsi ikintu kimwe cyonyine gituma atagerwaho ni Hamas.”

Amahanga akomeje gusaba ko impande zombi zishyira iherezo kuri iyi ntambara, icyakora Hamas yanze gutanga imfungwa za Israel, mu gihe iki Gihugu na cyo kivuga ko kitazigera gitererana abatuare bacyo, imbaraga za Dipolomasi nizinanirana ngo Israel izagarura abaturage bayo ku mbaraga za gisirikare; inasige ikumiriye ko ibyayibayeho byazongera ukundi.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + sixteen =

Previous Post

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Next Post

Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.