Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amajwi Imitwe ya Politiki yagize mu Matora y’Abadepite n’imibare y’Abanyarwanda bayitoye

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nzi ko dukundana- Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye kigaragaza ko guhitamo bitazabagora
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yashyize hanze iby’ibanze byavuye mu matora rusange y’Abadepite, bigaragaza ko Umuryango FPR-Inkotanyi n’imitwe yifatanyije na wo, baza imbere, bagakurikirwa na PL, mu gihe Green Party iza ku mwanya wa gatanu imbere ya PS-Imberakuri, naho Umukandida wigenga akaba yagize amajwi ari munsi ya 1%.

Byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Nyakanga 2024, nyuma y’umunsi umwe mu Rwanda habaye amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite 53 batorwa mu buryo butaziguye baturuka mu mitwe ya politiki.

Ni amajwi yatangajwe hamaze kubarurwa ay’abatoye 8 761 453 bangana na 96,60% by’Abanyarwanda batoye, yaba ab’imbere mu Gihugu no mu mahanga.

Umuryango FPR-Inkotanyi ndetse n’imitwe yifatanyije na wo mu Matora y’Abadepite ari yo PDC, PPC, PSR na UDPR, batowe n’Abanyarwanda 5 471 104 bangana n’amajwi 62,67%.

Hakurikiraho Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu PL, ryatowe n’Abanyarwanda 957 602 bangana na 10,97%, rigakurikirwa n’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) ryatowe n’Abanyarwanda 827 182 bangana na 9,48%.

Ku mwanya wa kane, hariho Ishyaha Ntangarugero muri Demokarasi (PDI) ryatowe n’abangana na 507 474 bangana na 5,81%.

Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGRP (Democratic Green Party of Rwanda) ryari ryanatanze umukandida mu Matora ya Perezida wa Repubulika, ryo ryaje ku mwanya wa gatanu, aho ryatowe n’abantu 462 290 bangana na 5,30%; na yo rigakurikiranwa na PS Imberakuru, ryatowe n’Abanyarwanda 459 526 bangana na 5,26%.

Iyi mitwe ya Politiki yose isanzwe ifite abayihagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko, yongeye kugira amajwi ayemerera kugira imyanya mu Mutwe w’Abadepite.

Ni mu gihe Nsengiyumva Jamvier wari umukandida wigenga muri aya matora, we yatowe n’Abanyarwanda 44 881 bangana na 0,51%; amajwi atamwemerera kubona umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Janvier wari Umukandida rukumbi wigenga yagize amajwi ari munsi ya 1%

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Trump yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma yo kuraswaho akarusimbuka

Next Post

Muri Perezidansi ya Centrafrique Abasirikare b’u Rwanda bahawe ishimwe ryo ku rwego ruhanitse

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Perezidansi ya Centrafrique Abasirikare b’u Rwanda bahawe ishimwe ryo ku rwego ruhanitse

Muri Perezidansi ya Centrafrique Abasirikare b’u Rwanda bahawe ishimwe ryo ku rwego ruhanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.