Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

radiotv10by radiotv10
31/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi buzabafasha kunoza akazi basanzwe bakora ko gukusanya imibare.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Gatanu ubwo hasozwaga amahugurwa amaze amezi atandatu ahabwa abashinzwe ikusanyamibare mu bigo 17 bya Leta, hagamijwe kubongererera ubumenyi mu kazi k’ikusanyamibare basanzwe bakora, by’umwihariko bifashishije ikoranabuhanga rigezweho ry’ubwenge buhangano (rizwi nka AI). Abahawe ayo masomo bavuze ko azabafasha kunoza akazi kabo.

Iyamuremye Charles ukora muri Minisiteri y’Ubutabera yagize ati “Twari dusanzwe akenshi muri za raporo dukora tugikoresha uburyo bwa kera (traditional approaches), cyangwa tugikenera ko hagomba kuba hari umuntu kugira ngo dutange serivisi, ariko aya mahugurwa twabonye azadufasha gushyira serivisi dutanga mu buryo bw’ikoranabuhanga, ku buryo nubwo umuntu yaba adahari, serivisi zizajya zitangwa buri gihe.”

Naho Umuhoza Marie Ange ukora mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare we yagize ati “Baduhaye ubushobozi, turi abantu basanzwe mu kazi. Icyo bigiye kutumarira ni ukuvugurura uburyo twakoragamo; nk’abantu bakora mu Kigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, tuzajya twihutisha ibyo dukora. Niba hari igikorwa twakoraga mu gihe cy’icyumweru, ubu kirahinduka iminsi itatu.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Inovasiyo, Yves Iradukunda, yabwiye aba basoje amahugurwa ko umurimo w’ikusanyamibare ugira uruhare runini mu buzima bw’igihugu, bityo ko ubumenyi bahawe bakwiye kubukoresha mu gutanga serivisi nziza muri ako kazi kabo.

Yagize ati “Uko amakuru agenda arushaho kugira uruhare runini mu itegurwa rya politiki zitandukanye no mu guhanga udushya mu gihugu, dukeneye ko ubunararibonye mu gukusanya amakuru hashingiwe ku mibare bushyirwa mu itangwa rya serivisi zose, ndetse no mu bigo byose bya Leta bitanga serivisi zitandukanye. Ni yo mpamvu ibigo bya Leta bigera kuri 17 byarahawe amasomo. Nk’uko twabibonye, abo mu Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro batangiye gukoresha ubumenyi bahawe mu gukora imishinga itandukanye. Twizeye rero ko mugiye gukoresha ubushobozi n’ubumenyi mwahawe mu gukusanya amakuru hifashishijwe imibare mukoresheje ikoranabuhanga, mufate ibyemezo binoze bigamije gutanga serivisi nziza kurushaho zishingiye ku bumenyi mufite.”

Aba bashinzwe ikusanyamibare mu bigo bitandukanye bya Leta basoje amahugurwa bagize icyiciro cya mbere cy’abazayahabwa. Bose hamwe bakaba ari 50, muri bo abahungu ni 35 naho abakobwa ni 15. Aya mahugurwa yatanzwe ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Inovasiyo ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare.

Yves Iradukunda, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yasabye aba bakozi kuzabyaza umusaruro aya mahugurwa

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 2 =

Previous Post

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Next Post

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.