• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in AMAHANGA
0
Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’urupfu abasirikare batatu b’iki Gihugu, rubahamijwe ibyaha birimo ubwicanyi no gusesagura amasasu, nyuma y’uko habaye igikorwa cyo kurasa urufaya rw’amasasu mu bantu bari bicaye baganira.

Ni icyemezo gifashwe nyuma y’iminsi micye nanone abasirikare 25 ba FARDC, bakatiwe igihano nk’iki cyo kwicwa, aho bo bahamijwe ibyaha birimo guhunga urugamba bari bahanganyemo na M23.

Aba basirikare batatu bakatiwe ku wa Mbere w’iki Cyumweru, nyuma yo kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare rwa Uvira rwari rwimuriye ibikorwa byarwo mu gace ka Mboko muri Teritwari ya Fizi.

Aba basirikare batatu bahamijwe ibyaha birimo ubwicanyi, umugambi wo gushaka kwica, kurenga ku mabwiriza ya gisirikare ndetse no gupfusha ubusa amasasu.

Ni ibyaha byakozwe tariki 22 Kamena 2024 muri Segiteri ya Tanganyika muri Gurupoma ya Babungwe-Nord muri Teritwari ya Fizi, aho umusirikare yarashe urufaya rw’amasasu mu itsinda ry’abantu bari bateraniye aho bariho baganirira.

Ubwo ibi byabaga, umuyobozi umwe wo muri ako gace yahise ahasiga ubuzima, mu gihe umugore we yahakomerekeye bikabije.

Nanone kandi abandi bantu batatu barimo Komanda wa FARDC muri aka gace, na bo baje gupfa bazize ibikomere byo kurasirwa muri iki gikorwa cy’urugomo.

Muri abo baje kwitaba Imana nyuma kandi, barimo uwari Umuyobozi mukuru w’Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Segiteri ya Tanganyika.

Abantu batatu bose baregwaga ibyaha by’ibi bikorwa byahitanye aba bantu, bose ni abasirikare ba FARDC, banasabwe kwishyura ibihumbi 250 USD azahabwa abagizweho ingaruka n’ibyo bakoze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Bahishuye ibyo abagabo binjiyemo bigiye kubamaraho imitungo ntibatinye no gukora ibidakwiye

Next Post

Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe

Ukutavuga rumwe hagati yubuyobozi n’ababyeyi b’abana bagaragara mu byo batemerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.