Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Urwego Rwunganira inzego z’ibanze mu mutekano (DASSO) ku rwego rw’Akarere ka Rutsiro, yitabye Imana azize impanuka ya moto, ubwo yari agiye gutanga ikiganiro. Hatangajwe igikekwaho gutera iyi mpanuka.

Nyakwigendera Mukerarugendo Jean Pierre witabye Imana afite imyaka 51 y’amavuko, yazize impanuka yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nyakanga 2024, ubwo yari mu muhanda ageze mu Kagari ka Congo Nil mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro.

Yari agiye gutanga ikiganiro mu kigo cyakira inzererezi cya Murunda, ubwo yari kuri moto, yerecyeza kuri iki Kigo, ariko iki kinyabiziga kiza kubura feri ubwo yari ageze mu ikorosi riri hafi y’Ibiro by’Akarere, kiruhukira mu muyoboro wo ku ruhande rw’umuhanda.

Hahise hakorwa igikorwa cyo kumujyana kwa buganga, aho bahise bamugeza ku Bitaro bya Murunda, na byo byahise bimwohereza mu Bitaro Bikuru bya Kibuye, ariko aza kugwa mu nzira ataragerayo.

Bamwe mu babonye nyakwigendera akimara gukora iyi mpanuka, bavuga ko nta bikomere yari afite, bagakeka ko ashobora kuba yaviriyemo imbere, ari na byo byaba byamuhitanye.

Aya makuru y’urupfu rw’uwari Umuyobozi wa DASSO ku rwego rw’Akarere ka Rutsiro, yanemejwe n’Ubuyobozi bw’aka Karere, nk’uko byatangajwe na Emmanuel Uwizeyimana, Umuyobozi wungiriye w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’ubukungu.

Uyu muyobozi wavuze ko aka Karere kabuze umukozi warangwanga no kuzuza inshingano ndetse no gukunda akazi, yaboneyeho kwihanganisha umuryango we, inshuti n’abavandimwe, ndetse n’abakozi b’Akarere babuze mugenzi wabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga

Next Post

Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.