Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in MU RWANDA
0
Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Urwego Rwunganira inzego z’ibanze mu mutekano (DASSO) ku rwego rw’Akarere ka Rutsiro, yitabye Imana azize impanuka ya moto, ubwo yari agiye gutanga ikiganiro. Hatangajwe igikekwaho gutera iyi mpanuka.

Nyakwigendera Mukerarugendo Jean Pierre witabye Imana afite imyaka 51 y’amavuko, yazize impanuka yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nyakanga 2024, ubwo yari mu muhanda ageze mu Kagari ka Congo Nil mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro.

Yari agiye gutanga ikiganiro mu kigo cyakira inzererezi cya Murunda, ubwo yari kuri moto, yerecyeza kuri iki Kigo, ariko iki kinyabiziga kiza kubura feri ubwo yari ageze mu ikorosi riri hafi y’Ibiro by’Akarere, kiruhukira mu muyoboro wo ku ruhande rw’umuhanda.

Hahise hakorwa igikorwa cyo kumujyana kwa buganga, aho bahise bamugeza ku Bitaro bya Murunda, na byo byahise bimwohereza mu Bitaro Bikuru bya Kibuye, ariko aza kugwa mu nzira ataragerayo.

Bamwe mu babonye nyakwigendera akimara gukora iyi mpanuka, bavuga ko nta bikomere yari afite, bagakeka ko ashobora kuba yaviriyemo imbere, ari na byo byaba byamuhitanye.

Aya makuru y’urupfu rw’uwari Umuyobozi wa DASSO ku rwego rw’Akarere ka Rutsiro, yanemejwe n’Ubuyobozi bw’aka Karere, nk’uko byatangajwe na Emmanuel Uwizeyimana, Umuyobozi wungiriye w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’ubukungu.

Uyu muyobozi wavuze ko aka Karere kabuze umukozi warangwanga no kuzuza inshingano ndetse no gukunda akazi, yaboneyeho kwihanganisha umuryango we, inshuti n’abavandimwe, ndetse n’abakozi b’Akarere babuze mugenzi wabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Umuryango urwanya akarengane watunguwe n’ibivugawa ko byakozwe nyuma y’uko abatishoboye bemerewe inkunga

Next Post

Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

Related Posts

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Ikindi cyiciro cy’Ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango w'Ubukungu n'Iterambere rya Afurika y'Amajyepfo (SADC) zari mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

by radiotv10
16/06/2025
0

Another group of troops from the Southern African Development Community (SADC), who had been on a mission in the Democratic...

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

by radiotv10
16/06/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ushinjwa n’abaturage ko abakubita inkoni akanabafungira mu...

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

by radiotv10
16/06/2025
0

Kigali is a vibrant capital city of Rwanda, it is mostly known for its cleanliness, safety, growing cultural and social...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha
MU RWANDA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

16/06/2025
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

16/06/2025
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

16/06/2025
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

16/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

16/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.