Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkomoko y’imibereho iteye agahinda y’umuturage wahoze ari umusore wibeshejeho utabarizwa n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkomoko y’imibereho iteye agahinda y’umuturage wahoze ari umusore wibeshejeho utabarizwa n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko hakwiye kugira igikorwa ku mugabo wugarijwe n’imibereho mibi irimo umwanda ukabije watumye arwara amavunja, mu gihe mu myaka micye ishize yari umugabo wibeshejeho, ariko imibereho ikaza guhindurwa n’impanuka yagize.

Banyangiriki Patrick w’imyaka 45, atuye mu Mudugudu wa Kabere, Akagari ka Murambi mu murenge wa Rubavu, ubu abayeho mu buzima bubabaje, nyamara abaturanyi be bakavuga ko yahoze ari umusore w’imbaraga uzi no kwibeshaho, ariko akaza kugira impanuka yamusigiye ubumuga bw’ingingo.

Uyu mugabo avuga ko na we ashengurwa n’ibi bibazo by’umwihariko indwara y’amavunja imurembeje, akavuga ko atari ukwanga gukaraba ahubwo ko abura imbaraga zo kujya kuzana amazi nubwo aturiye umugezi.

Uretse aya mavunja amuraza ijoro bugacya adatoye agatotsi, n’inzu abamo, ni ikirangarizwa kuko nta nzugi zibaho, ku buryo ari mu bihe by’imbeho na bwo biba ari ibibazo, kandi ngo ibi byose ubuyobozi burabizi ariko ntacyo bubikoraho.

Ati “Ba Gitifu bose banyura aha ngaha bigendera, umuntu unyikoza ni mudugudu gusa, kuko iyo mubwiye ko nshonje ampa ibiryo.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo bavuga ko bagerageza kumuhandura aya mavunja yamwugarije, ariko bakavuga ko aho aba na ho hashobora kuba impamvu y’ubu burwayi.

Umwe ati “Leta imushyiriyemo ako gasima wenda no mu mudugudu bajya bagerageza gushyiramo amazi bakahakoropa imbaragasa zigapfa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise ahakana ibivugwa n’uyu muturage ko ubuyobozi butamufasha, ahubwo ko ntacyo budakora.

Yagize ati “Afite ibibazo byinshi by’uburwayi ntabwo ari amavunja gusa ariko yitabwaho.”

Ikibazo cy’amavunja kiri mu byagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame mu myaka yashize asaba ko gicika burundu mu baturage b’u Rwanda, nyamara hari bamwe mu baturage bakiyarwaye, benshi muri bo bagahuriza ku kuba biterwa n’imibereho mibi baba babayemo.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ukraine nyuma yo kurwana yerekeza mu Burusiya yatangaje umusaruro ukomeye yagezeho

Next Post

Haravugwa drone y’igisirikare cya Uganda yabonetse yashwanyukiye muri Congo n’icyo FARDC igiye kubikoraho

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa drone y’igisirikare cya Uganda yabonetse yashwanyukiye muri Congo n’icyo FARDC igiye kubikoraho

Haravugwa drone y’igisirikare cya Uganda yabonetse yashwanyukiye muri Congo n’icyo FARDC igiye kubikoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.