Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rw’ubukerarugendo mu nzira zo gukemura ingaruka za COVID-19.

radiotv10by radiotv10
12/11/2021
in MU RWANDA
0
Urwego rw’ubukerarugendo mu nzira zo gukemura ingaruka za COVID-19.
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, inzego zishinzwe guteza imbere ubukerarugendo zatangije icyumweru cyahariwe ubukerarugendo. Bavuze ko nubwo umwaka wa 2020, wasize urwego rw’amahoteli ruhawe 50% y’amafaranga yagenewe kuzahura ubukungu, ariko ngo baracyafite ikibazo cy’amadeni. Icyakora n’ubwo COVID19,  ikomeje guca ibintu, ngo bafite icyizere ko uru rwego rutazasubira mukaga.

 

Muri kiganiro bagiranye n’itangazamukuru, bavuze ko hagati y’amataliki ya 24 kugeza 27 Ugushyingo muri uyu mwaka hateganijwe icyumweru cyagenewe ubukerarugendo. Iki gihe ngo kizaba umwnya wo gusangira ubunararibonye kungamba zo kuzahura urwego rw’ubukerarugendo.

 

Munzego COVID19, yagizeho ingaruka zikomeye, harimo amahoteli. Imibare igaragaza ko iki cyorezo cyaruhungabanjije kurwego rukomeye, ndetse hari n’igihe cyageze amahoteli afunga imiryango. Abanze kurekura na bo bakoreraga mugihombo. Icyakora uru rwego rwanahawe umwihariko mukigega nzahura bukungu. Ku ikubitiro 2020 yasize amahoteli ahawe inguzanyo ingana na miliyari 50 frw, muri miliyari 100 frw zatangiranye n’iki kigega. Ibi bisobanuye ko uru rwego rwagenewe 50% y’amafaranga yagenewe kubyutsa ibikorwa by’ubucuruzi byakubiswe hasi na covid19.

 

Aba bahawe aya mafaranga bagomba kuyishyura mumyaka 15 kunyungu ya 5%. Ariko basabwa gutangira kwishyura iri deni nyuma y’imyaka itatu. Iyo nguzanyo ikaba ingana n’agaciro k’igihombo cy’uru rwego kukigero cya 35%. Ibi bivuze ko 65% y’igihombo bahuye na cyo bagomba kwishakamo uko bakivamo.

 

Bwana Aimable Rutagarama, Ukuriye Ishami ry’Ubukerarugendo murugaga rw’abikorera kugiti cya bo mu Rwanda PSF, yabwiye abanyamakuru ko ayo madeni akomje kubagiraho ingaruka.

 

“ibyo byarafashije ariko mukwezi kwa gatandatu amabanki yatangiye kwishyuza icyo gice cya 65%. kandi business nyinshi zari zigisfunze. Bamwe barafunguraga, nyuma y’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu hakaza izindi ngamba zo kwirinda covid19, abantu bakongera bagafunga. Abantu ntamafaranga bari bafite yo kwishyura muby’ukuri. Byarakomeje, n’ubwo amahoteli ywavuga ko yafashijwe ariko ntabwo byatinze. Icyo kibazo cy’amadni atarishyuwe kiracyahari. Ariko dukomeje kubiganira na leta hamwe n’abandi bafaranyabikorwa.”

 

Ni ubwo bimeze bitya, covid19 ikomeje gukaza umurego mubihugu bitandukanye. Ibi bishobora guca amarenga ko urwego rw’amahoteli ashobora kuba afite urugamba rukomeye kuburyo rushobora kwisanga mukaga gakomeye.

 

Icyakora kuruhande rw’u Rwanda, bwana Rutagarama avuga ko bitazagera kuri urwo rwego ; “ Ni ubwo mugenzi wacu yavuze ko bishobora guhinduka umwanya uwo ari wo wose ukurikije ahandi uko bimeze, dushingiye kumbaraga leta iri gushyira mugukingira abantu, twe twizeye ko bitazagera aho byari biri mugihe gishize.”

 

Kuruhande rwa bwana Yves Ngenzi, umuhuzabikorwa w’ishami rishinzwe ubukerarugendo mumuryango wa afrika y’uburasirazuba, avuga ko igisubizo cyo kubyutsa ubukerarugendo, aka karere katangiye kugishakira kumeza amwe.

 

“Icyahgaragaye ni uko abakerarugendo bo mui aka karere bose bava ahantu hamwe. Ni Amerika, Uburayi na Asia, ni ngomba gukorera hamwe kugira ngo dutez imbere ubukerarugendo bwacu. Ubu intego ni uko muri 2023 ubukerarugendo busubira uko bwari bumeze muri 2019. Kuri ubu byemejwe ko abakerarugendo bose baza muri aka karere bagomba gupimwa covid19. Icyakora ntiharemezwa amasaha umuntu agomba kumara yipimishije mbere yo kuza. Ikindi ni uko mubikorwa byo gukingira twemeranije ko uru rwego rwahabwa umwihariko wo gukingirwa mbere kugira ngo rubashe kongera gukora neza.”

 

Imibare igaragaza ko mbere ya covid19, umusaruro w’ubukerarugendo wari wihariye 9% by’umusaruro mbumbe w’ibihugu bigize aka karere. Icyo gihe kandi uru rwego rwari rufite abakozi basaga miliyoni enye. Abo barimo abasaga ibihumbi 150 bo mu Rwanda. Ariko ibyo covid19 yarabirimbuye, abakerarugendo n’ibyo uru rwego rwinjirizaga aka karere byagabanutse kukigero cya 75%. Ibyo byose ngo bizaganirwaho munama izasoza iki cyumweru cyahariwe ubukerarugendo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye ko butimanye abakinnyi mu Mavubi

Next Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Related Posts

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

by radiotv10
24/10/2025
0

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw'Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza,...

IZIHERUKA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba
MU RWANDA

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.