Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rw’ubukerarugendo mu nzira zo gukemura ingaruka za COVID-19.

radiotv10by radiotv10
12/11/2021
in MU RWANDA
0
Urwego rw’ubukerarugendo mu nzira zo gukemura ingaruka za COVID-19.
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, inzego zishinzwe guteza imbere ubukerarugendo zatangije icyumweru cyahariwe ubukerarugendo. Bavuze ko nubwo umwaka wa 2020, wasize urwego rw’amahoteli ruhawe 50% y’amafaranga yagenewe kuzahura ubukungu, ariko ngo baracyafite ikibazo cy’amadeni. Icyakora n’ubwo COVID19,  ikomeje guca ibintu, ngo bafite icyizere ko uru rwego rutazasubira mukaga.

 

Muri kiganiro bagiranye n’itangazamukuru, bavuze ko hagati y’amataliki ya 24 kugeza 27 Ugushyingo muri uyu mwaka hateganijwe icyumweru cyagenewe ubukerarugendo. Iki gihe ngo kizaba umwnya wo gusangira ubunararibonye kungamba zo kuzahura urwego rw’ubukerarugendo.

 

Munzego COVID19, yagizeho ingaruka zikomeye, harimo amahoteli. Imibare igaragaza ko iki cyorezo cyaruhungabanjije kurwego rukomeye, ndetse hari n’igihe cyageze amahoteli afunga imiryango. Abanze kurekura na bo bakoreraga mugihombo. Icyakora uru rwego rwanahawe umwihariko mukigega nzahura bukungu. Ku ikubitiro 2020 yasize amahoteli ahawe inguzanyo ingana na miliyari 50 frw, muri miliyari 100 frw zatangiranye n’iki kigega. Ibi bisobanuye ko uru rwego rwagenewe 50% y’amafaranga yagenewe kubyutsa ibikorwa by’ubucuruzi byakubiswe hasi na covid19.

 

Aba bahawe aya mafaranga bagomba kuyishyura mumyaka 15 kunyungu ya 5%. Ariko basabwa gutangira kwishyura iri deni nyuma y’imyaka itatu. Iyo nguzanyo ikaba ingana n’agaciro k’igihombo cy’uru rwego kukigero cya 35%. Ibi bivuze ko 65% y’igihombo bahuye na cyo bagomba kwishakamo uko bakivamo.

 

Bwana Aimable Rutagarama, Ukuriye Ishami ry’Ubukerarugendo murugaga rw’abikorera kugiti cya bo mu Rwanda PSF, yabwiye abanyamakuru ko ayo madeni akomje kubagiraho ingaruka.

 

“ibyo byarafashije ariko mukwezi kwa gatandatu amabanki yatangiye kwishyuza icyo gice cya 65%. kandi business nyinshi zari zigisfunze. Bamwe barafunguraga, nyuma y’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu hakaza izindi ngamba zo kwirinda covid19, abantu bakongera bagafunga. Abantu ntamafaranga bari bafite yo kwishyura muby’ukuri. Byarakomeje, n’ubwo amahoteli ywavuga ko yafashijwe ariko ntabwo byatinze. Icyo kibazo cy’amadni atarishyuwe kiracyahari. Ariko dukomeje kubiganira na leta hamwe n’abandi bafaranyabikorwa.”

 

Ni ubwo bimeze bitya, covid19 ikomeje gukaza umurego mubihugu bitandukanye. Ibi bishobora guca amarenga ko urwego rw’amahoteli ashobora kuba afite urugamba rukomeye kuburyo rushobora kwisanga mukaga gakomeye.

 

Icyakora kuruhande rw’u Rwanda, bwana Rutagarama avuga ko bitazagera kuri urwo rwego ; “ Ni ubwo mugenzi wacu yavuze ko bishobora guhinduka umwanya uwo ari wo wose ukurikije ahandi uko bimeze, dushingiye kumbaraga leta iri gushyira mugukingira abantu, twe twizeye ko bitazagera aho byari biri mugihe gishize.”

 

Kuruhande rwa bwana Yves Ngenzi, umuhuzabikorwa w’ishami rishinzwe ubukerarugendo mumuryango wa afrika y’uburasirazuba, avuga ko igisubizo cyo kubyutsa ubukerarugendo, aka karere katangiye kugishakira kumeza amwe.

 

“Icyahgaragaye ni uko abakerarugendo bo mui aka karere bose bava ahantu hamwe. Ni Amerika, Uburayi na Asia, ni ngomba gukorera hamwe kugira ngo dutez imbere ubukerarugendo bwacu. Ubu intego ni uko muri 2023 ubukerarugendo busubira uko bwari bumeze muri 2019. Kuri ubu byemejwe ko abakerarugendo bose baza muri aka karere bagomba gupimwa covid19. Icyakora ntiharemezwa amasaha umuntu agomba kumara yipimishije mbere yo kuza. Ikindi ni uko mubikorwa byo gukingira twemeranije ko uru rwego rwahabwa umwihariko wo gukingirwa mbere kugira ngo rubashe kongera gukora neza.”

 

Imibare igaragaza ko mbere ya covid19, umusaruro w’ubukerarugendo wari wihariye 9% by’umusaruro mbumbe w’ibihugu bigize aka karere. Icyo gihe kandi uru rwego rwari rufite abakozi basaga miliyoni enye. Abo barimo abasaga ibihumbi 150 bo mu Rwanda. Ariko ibyo covid19 yarabirimbuye, abakerarugendo n’ibyo uru rwego rwinjirizaga aka karere byagabanutse kukigero cya 75%. Ibyo byose ngo bizaganirwaho munama izasoza iki cyumweru cyahariwe ubukerarugendo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye ko butimanye abakinnyi mu Mavubi

Next Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Related Posts

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

by radiotv10
24/05/2026
0

Mu gihe tukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku rwego rw’akarere...

IZIHERUKA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima
AMAHANGA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.