Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urwego rw’ubukerarugendo mu nzira zo gukemura ingaruka za COVID-19.

radiotv10by radiotv10
12/11/2021
in MU RWANDA
0
Urwego rw’ubukerarugendo mu nzira zo gukemura ingaruka za COVID-19.
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu, inzego zishinzwe guteza imbere ubukerarugendo zatangije icyumweru cyahariwe ubukerarugendo. Bavuze ko nubwo umwaka wa 2020, wasize urwego rw’amahoteli ruhawe 50% y’amafaranga yagenewe kuzahura ubukungu, ariko ngo baracyafite ikibazo cy’amadeni. Icyakora n’ubwo COVID19,  ikomeje guca ibintu, ngo bafite icyizere ko uru rwego rutazasubira mukaga.

 

Muri kiganiro bagiranye n’itangazamukuru, bavuze ko hagati y’amataliki ya 24 kugeza 27 Ugushyingo muri uyu mwaka hateganijwe icyumweru cyagenewe ubukerarugendo. Iki gihe ngo kizaba umwnya wo gusangira ubunararibonye kungamba zo kuzahura urwego rw’ubukerarugendo.

 

Munzego COVID19, yagizeho ingaruka zikomeye, harimo amahoteli. Imibare igaragaza ko iki cyorezo cyaruhungabanjije kurwego rukomeye, ndetse hari n’igihe cyageze amahoteli afunga imiryango. Abanze kurekura na bo bakoreraga mugihombo. Icyakora uru rwego rwanahawe umwihariko mukigega nzahura bukungu. Ku ikubitiro 2020 yasize amahoteli ahawe inguzanyo ingana na miliyari 50 frw, muri miliyari 100 frw zatangiranye n’iki kigega. Ibi bisobanuye ko uru rwego rwagenewe 50% y’amafaranga yagenewe kubyutsa ibikorwa by’ubucuruzi byakubiswe hasi na covid19.

 

Aba bahawe aya mafaranga bagomba kuyishyura mumyaka 15 kunyungu ya 5%. Ariko basabwa gutangira kwishyura iri deni nyuma y’imyaka itatu. Iyo nguzanyo ikaba ingana n’agaciro k’igihombo cy’uru rwego kukigero cya 35%. Ibi bivuze ko 65% y’igihombo bahuye na cyo bagomba kwishakamo uko bakivamo.

 

Bwana Aimable Rutagarama, Ukuriye Ishami ry’Ubukerarugendo murugaga rw’abikorera kugiti cya bo mu Rwanda PSF, yabwiye abanyamakuru ko ayo madeni akomje kubagiraho ingaruka.

 

“ibyo byarafashije ariko mukwezi kwa gatandatu amabanki yatangiye kwishyuza icyo gice cya 65%. kandi business nyinshi zari zigisfunze. Bamwe barafunguraga, nyuma y’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu hakaza izindi ngamba zo kwirinda covid19, abantu bakongera bagafunga. Abantu ntamafaranga bari bafite yo kwishyura muby’ukuri. Byarakomeje, n’ubwo amahoteli ywavuga ko yafashijwe ariko ntabwo byatinze. Icyo kibazo cy’amadni atarishyuwe kiracyahari. Ariko dukomeje kubiganira na leta hamwe n’abandi bafaranyabikorwa.”

 

Ni ubwo bimeze bitya, covid19 ikomeje gukaza umurego mubihugu bitandukanye. Ibi bishobora guca amarenga ko urwego rw’amahoteli ashobora kuba afite urugamba rukomeye kuburyo rushobora kwisanga mukaga gakomeye.

 

Icyakora kuruhande rw’u Rwanda, bwana Rutagarama avuga ko bitazagera kuri urwo rwego ; “ Ni ubwo mugenzi wacu yavuze ko bishobora guhinduka umwanya uwo ari wo wose ukurikije ahandi uko bimeze, dushingiye kumbaraga leta iri gushyira mugukingira abantu, twe twizeye ko bitazagera aho byari biri mugihe gishize.”

 

Kuruhande rwa bwana Yves Ngenzi, umuhuzabikorwa w’ishami rishinzwe ubukerarugendo mumuryango wa afrika y’uburasirazuba, avuga ko igisubizo cyo kubyutsa ubukerarugendo, aka karere katangiye kugishakira kumeza amwe.

 

“Icyahgaragaye ni uko abakerarugendo bo mui aka karere bose bava ahantu hamwe. Ni Amerika, Uburayi na Asia, ni ngomba gukorera hamwe kugira ngo dutez imbere ubukerarugendo bwacu. Ubu intego ni uko muri 2023 ubukerarugendo busubira uko bwari bumeze muri 2019. Kuri ubu byemejwe ko abakerarugendo bose baza muri aka karere bagomba gupimwa covid19. Icyakora ntiharemezwa amasaha umuntu agomba kumara yipimishije mbere yo kuza. Ikindi ni uko mubikorwa byo gukingira twemeranije ko uru rwego rwahabwa umwihariko wo gukingirwa mbere kugira ngo rubashe kongera gukora neza.”

 

Imibare igaragaza ko mbere ya covid19, umusaruro w’ubukerarugendo wari wihariye 9% by’umusaruro mbumbe w’ibihugu bigize aka karere. Icyo gihe kandi uru rwego rwari rufite abakozi basaga miliyoni enye. Abo barimo abasaga ibihumbi 150 bo mu Rwanda. Ariko ibyo covid19 yarabirimbuye, abakerarugendo n’ibyo uru rwego rwinjirizaga aka karere byagabanutse kukigero cya 75%. Ibyo byose ngo bizaganirwaho munama izasoza iki cyumweru cyahariwe ubukerarugendo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 8 =

Previous Post

Ubuyobozi bwa APR FC bwahakanye ko butimanye abakinnyi mu Mavubi

Next Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Amavubi y’abakinnyi 10 yatsinzwe na Mali i Kigali (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.