Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, uri guhatanira kongera kuyobora iki Gihugu, yarusimbutse nyuma yuko hatahuwe umuntu wari ufite imbunda washakaga kumurasira iwe mu kibuga cya golf muri Florida.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, aho inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America, zivuga ko uyu muntu yashaka kwivugana Trump, ariko ubu akaba ameze neza.

Ni mu gihe uwashakaga kumwivugana, yahise atabwa muri yombi nyuma yuko atahuwe akabanza gushaka gucika abarinzi b’uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu washaka kwivugana Trump yatahuwe ubwo Aba- Secret Service barinda Trump babonaga umunwa w’imbunda ye, aho yari yihishe mu gihuru, bakarekura urufaya rw’amasasu aho bari bawubonye.

Ibiro bishinzwe Iperereza, FBI, bivuga ko Trump yari ari muri metero ziri hagati ya 275 na 455 uvuye ahari iyo mbunda.

Uyu washaka kumwica yari afite imbunda yo mu bwoko bwa AK47 ndetse n’ibikapu bibiri na kamera izwi nka GoPro yo kumufasha kureba kure, aho byaje gusangwa aho yari ari, nyuma yuko ashatse gucika ubwo abarinzi bamurasagaho amasasu.

Uwabonye uyu ukekwaho gushaka kwivugana Perezida Trump, yavuze ko yamubonye ubwo yirukankaga ava mu gihuru agahita yinjira mu modoka y’umukara yo mu bwoko bwa Nissan, ubundi abashinzwe umutekano bakamwirukaho banamurasa.

Uyu wabibonye kandi yafashe ifoto y’imodoka y’uyu ukekwaho iki cyaha ndetse na pulake yayo, akaza kwerecyeza mu gace ka Martin.

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Palm Beach, Ric Bradshaw yagize ati “Twahawe umuburo na Sheriff wa Martin County, batubwira ibirango by’imodoka ye, turabikurikirana, tuza kumenya aho ari tumuta muri yombi.”

Yakomeje agira ati “Twafashe umutangabuhamya wamubonye ubwo ibi byabaga, tumugeza aho yari ari, yemeza ko ari we yabonye ubwo yirukankaga ava mu bihuru agahita ajya mu modoka.”

Mu butumwa Trump yageneye abamushyigikiye, yavuze ko “ameze neza kandi atekanye”. Ati “Nta kintu kizampagararika, kandi sinzigera manika amaboko.”

Ibi bibaye nyuma y’amezi abiri yuzuye, Trump arasiwe muri Pennsylvania ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, aho uwamurashe isasu ryafashe ugutwi, akaza gutabarwa n’abashinzwe kumurinda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + sixteen =

Previous Post

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

Next Post

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.