Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
16/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’amezi abiri Trump yari agiye kongera kuraswa Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, uri guhatanira kongera kuyobora iki Gihugu, yarusimbutse nyuma yuko hatahuwe umuntu wari ufite imbunda washakaga kumurasira iwe mu kibuga cya golf muri Florida.

Ibi byabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024, aho inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za America, zivuga ko uyu muntu yashaka kwivugana Trump, ariko ubu akaba ameze neza.

Ni mu gihe uwashakaga kumwivugana, yahise atabwa muri yombi nyuma yuko atahuwe akabanza gushaka gucika abarinzi b’uyu wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America.

Uyu washaka kwivugana Trump yatahuwe ubwo Aba- Secret Service barinda Trump babonaga umunwa w’imbunda ye, aho yari yihishe mu gihuru, bakarekura urufaya rw’amasasu aho bari bawubonye.

Ibiro bishinzwe Iperereza, FBI, bivuga ko Trump yari ari muri metero ziri hagati ya 275 na 455 uvuye ahari iyo mbunda.

Uyu washaka kumwica yari afite imbunda yo mu bwoko bwa AK47 ndetse n’ibikapu bibiri na kamera izwi nka GoPro yo kumufasha kureba kure, aho byaje gusangwa aho yari ari, nyuma yuko ashatse gucika ubwo abarinzi bamurasagaho amasasu.

Uwabonye uyu ukekwaho gushaka kwivugana Perezida Trump, yavuze ko yamubonye ubwo yirukankaga ava mu gihuru agahita yinjira mu modoka y’umukara yo mu bwoko bwa Nissan, ubundi abashinzwe umutekano bakamwirukaho banamurasa.

Uyu wabibonye kandi yafashe ifoto y’imodoka y’uyu ukekwaho iki cyaha ndetse na pulake yayo, akaza kwerecyeza mu gace ka Martin.

Umuyobozi wa Polisi mu gace ka Palm Beach, Ric Bradshaw yagize ati “Twahawe umuburo na Sheriff wa Martin County, batubwira ibirango by’imodoka ye, turabikurikirana, tuza kumenya aho ari tumuta muri yombi.”

Yakomeje agira ati “Twafashe umutangabuhamya wamubonye ubwo ibi byabaga, tumugeza aho yari ari, yemeza ko ari we yabonye ubwo yirukankaga ava mu bihuru agahita ajya mu modoka.”

Mu butumwa Trump yageneye abamushyigikiye, yavuze ko “ameze neza kandi atekanye”. Ati “Nta kintu kizampagararika, kandi sinzigera manika amaboko.”

Ibi bibaye nyuma y’amezi abiri yuzuye, Trump arasiwe muri Pennsylvania ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, aho uwamurashe isasu ryafashe ugutwi, akaza gutabarwa n’abashinzwe kumurinda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − one =

Previous Post

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

Next Post

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Rubavu: Abamotari bahishuye impamvu hari aho batagitinyuka kunyura mu masaha y’ijoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.