Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Kiliziya Gatulika yateye ishoti inkunga z’abarimo Perezida yavuze icyo ibona kibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Kenya: Kiliziya Gatulika yateye ishoti inkunga z’abarimo Perezida yavuze icyo ibona kibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Kiliziya Gatulika muri Kenya yamaganye abanyapolitiki bafite umugambi wo gukorera ibikorwa byabo muri kiliziya, nyuma yuko hari bamwe bayemereye inkunga zirimo iyari yatanzwe na Perezida William Ruto, ikaba yasubijwe, kuko ibona ko ari uguta kiliziya mu mutego wo kuyinjiza muri Politiki.

Ikinyamakuru the Citizen kivuga ko ibyo byabaye nyuma yuko mu bihe bitandukanye Abanyapolitike muri Kenya bagiye batanga ibyo bise inkunga ku bikorwa bya kiliziya Gatukika harimo miliyoni 2 z’Amashilingi ya Kenya yatanzwe na Perezida William Ruto nk’inkunga mu kubaka inzu ya Padiri, ndetse na Guverineri wa Nairobi wari watanze ibihumbi 200 kuri korali ya Paruwasi.

Ibi byamaganiwe kure n’Inama y’Abepisikopi Gatulika muri Kenya ndete ku Cyumweru muri za Kiliziya zigize Arikidiyoseye ya Nairobi hasomewe amatangazo yamagana ibyo bikorwa bavuga ko bihabanye n’umurongo wa Kiliziya Gatulika.

Musenyeri Philipo Anyolo yavuze ko ibi biganisha guta Kiliziya mu mutego wa Politike ndetse ko batabyemera, ahubwo bazakomeza gukora ibijyanye n’ukwemera.

Yihanagirije Abanyapolitike bitwaza amadini bari mu bikorwa byabo, ahubwo abasaba kwita ku bibazo bibangamiye abaturage birimo ruswa, uburenganzira bwa muntu, n’imisoro ihanitse.

Yavuze kandi ko Perezida Ruto bamusubije miliyoni 2 yari yatanze nk’imfashanyo ndetse n’abandi bose bayatanze mu buryo bunyuranije n’amategeko bayasubijwe.

Ni icyemezo cyakiriwe neza na bamwe mu bakurikira politiki muri Kenya bavuga ko kutishora mu bikorwa bya politiki kw’amadini bigaragaza ubudasa.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − one =

Previous Post

Ubutumwa buturutse muri RIB bugenewe abanyamakuru ba Siporo mu Rwanda

Next Post

Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
20/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, yaramutse mu mujyi a Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara...

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Babiri binjizaga mu Rwanda magendu iturutse Congo bafashwe mu gicuku

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.