Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy’ibyumba bikonjesha umusaruro bidakora.

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi wangirika mu gihugu hose nyuma yo gusarurwa usaga 30 ku ijana, aho umwinshi muri wo uba ari imboga n’imbuto. Ni muri urwo rwego, hirya no hino mu gihugu hashyizwe ibyumba bikonjesha umusaruro bizwi nka cold rooms, bigamije gufasha abaturage kubika ibyo basaruye mu gihe bitarajyanwa ku masoko, bityo bigatuma bitangirika.

Raporo y’Umuvunyi yo mu mwaka wa 2024–2025 yagaragaje ko mu igenzura bakoze basanze hari ibyumba byagenewe gukonjesha umusaruro bidakora. Abadepite bagaragaje ko ibi bigira ingaruka mbi ndetse bigateza ibihombo Leta, kuko amafaranga yakoreshejwe mu kubaka ibyo bikorwa remezo aba yarapfuye ubusa.

Ubwo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB) bitabaga Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, basabwe gusobanura ku bibazo byagaragaye muri raporo y’Umuvunyi. Abadepite babajije iherezo ry’ibyumba bikonjesha umusaruro bidakora.

Depite Mukabalisa Germaine yagize ati “Bimaze kuvugwa kenshi, ngira ngo NAEB ihora ibazwa iki kibazo. Ese gahunda yo gushyiraho ibyumba bikonjesha hirya no hino yagiyeho nta nyigo? Kuko uko tubibona, niba byaragiye ahategereye umusaruro zikaba kure y’abaturage, ndetse zikaba n’aho ziri zidakenewemo, birumvikana ko zitazakoreshwa. Nagira ngo tumenye niba hari inyigo yakozwe mbere yo kubishyiraho.”

Yakomeje agira ati “Biratangaje kuba hashyirwa ibyumba bikonjesha ahantu hatari umusaruro uhagije, zikaba nyinshi. Turashaka kumenya icyerekezo iki kibazo gifite ku rwego rw’igihugu: izigifitiwe icyizere zikoreshwe, izitagifite icyo zimaze ntituzibare, abaturage bashakirwe ibindi bisubizo.”

Depite Mvano Nsabimana Etienne yagize ati: “Ntekereza ko ibi byumba bikonjesha biri mu nshingano za Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi. Nagira ngo mbaze MINAGRI umwanzuro ifite kuri iki kibazo, cyane ko usanga bidakoreshwa icyo byagenewe.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi NAEB,  Bizimana Claude, yasobanuye impamvu yatumye ibyo byumba bidakoreshwa.

Yagize ati “Aho dufitiye amakuru arambuye ni ahubatswe cold rooms mu bice byahujwe ubutaka; aho ni ho twabonye habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga. Ikindi cyagaragaye ni uko ibikonjeshwa bitandukanye bidakenera ubushyuhe bumwe: washyiramo urusenda, avoka, imiteja ugasanga ntibihura. Ubutaha tuzakora isesengura mbere yo kubaka, naho ibidakora hafatwe umwanzuro wo kubihagarika cyangwa izo nyubako zigakoreshwa ibindi.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi na yo yemereye Abadepite ko igiye gushyira imbaraga mu gushaka igisubizo kirambye kuri iki kibazo cyagaragajwe na raporo y’Umuvunyi.

Dr. Olivier Kamana, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yagize ati: “Nk’a Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, twiyemeje ko iki ari ikibazo tugomba gufata tukakigira icyacu, tugakorera inyigo ya buri cyumba gikonjesha aho kiri, tukanareba uko byahuzwa n’abafite ikibazo cy’umusaruro wangirika. Tubemereye ko tugiye kubikora vuba kugira ngo izi cold rooms zireke kubaho zidakoreshwa, zikore icyo zagenewe bityo abahinzi ntibazongere gutakaza umusaruro.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB) kigaragaza ko kugeza ubu mu gihugu hose gihafite ibyumba bikonjesha umusaruro bigera kuri 48, bifite ubushobozi bwo gutanga metero kibe 5,324 ku munsi.

Depite Mukabalisa Germaine
Umuyobozi mukuru wa NAEB
Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 7 =

Previous Post

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Next Post

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.