Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo Umuyobozi w’Ishuri ry’i Nyagatare akekweho uruhare mu kwica umuntu

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishuri rimwe ryo mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari gushakishwa nyuma yo gukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturage, aho bivugwa ko yafatanyije n’undi muntu mu kumukubita bikamuviramo kwitaba Imana.

Uyu uri gushakishwa, yitwa Gatare Jacques usanzwe ari Umuyobozi wa G.S. Nyarupfubire, aho akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturage witwa Emmanuel w’imyaka 48 waguye mu Mudugudu wa Rukundo mu Kagari ka Kirebe mu Murenge wa Rwimiyaga.

Amakuru y’urupfu rw’uyu muturage, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, wavuze ko yitabye imana azize inkoni yakubiswe n’uyu muyobozi w’Ishuri afatanyije n’abashumba be.

Ngo intandaro ni amakuru uyu muyobozi w’Ishuri yahawe ko nyakwigendera yajyaga ajya kugura amata n’abashumba b’inka z’uyu Jacques, ariko bakayagurisha atabizi.

Ibi byaje kurakaza Jacques, asaba abamuhaye aya makuru ko igihe Emmanuel azaba agarutse kugura amata, bazamuhamagara bakabimubwira, ari na ko byagenze ku wa Mbere w’iki cyumweru ubwo babimubwiraga, agahita ajyayo ikubagahu, agafatanya n’ushinzwe gukurikirana Inka ze bagakubita uyu mugabo kugeza yitabye Imana.

SP Twizeyimana yibukije abantu ko kwihanira ari icyaha gihanwa n’amategeko, anibutsa abaturage ko igihe hari ikibazo bafitanye n’umuntu bakwiye kumenyesha inzego aho kwifatira icyemezo.

Ni mu gihe kandi Maj Gen (Rtd) Rutatina Richard wigeze kuyobora Urwego rw’Iperereza muri RDF, na we aherutse gutabwa muri yombi akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umuturage wakubitiwe mu rwuri rwe ruherereye mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza nubundi muri iyi Ntara y’Iburasirazuba yabereyemo ibikekwa kuri uyu muyobozi w’Ishuri, aho bivugwa ko uyu Mujenerali ari we watanze amabwiriza yo gukubita uwaje kwitaba Imana nyuma yo gukubitirwa mu rwuri rwe.

Dosiye ya Maj Gen (Rtd) Rutatina Richard yashyikirijwe Ubushinjacyaha mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 06 Ukuboza 2024, mu gihe urupfu rw’umuntu wakubitiwe mu rwuri rwe rwabaye tariki 27 Ugushyingo 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − four =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Abenegihugu batatu bakomoka i Burayi (AMAFOTO)

Next Post

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Related Posts

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

IZIHERUKA

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali
FOOTBALL

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

06/11/2025
Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Rutahizamu uherutse kubura igihembo kiruta ibindi bikazamura impaka ubu ari kumwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.