Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ihangayikishijwe n’ibyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariho imirwano ikarishye yabereye mu bice byegereye Umujyi wa Goma, n’ibikorwa birenga ku gahenge byakozwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryacyeye, aho u Rwanda rwavuze ko amatangazo akomeje gushyirwa hanze n’impande zinyuranye yaba ari Guverinoma ya DRC ndetse n’Ibihugu n’imiryango mpuzamhanga, adatanga umurongo, ndetse ubwayo adashobora gutanga umuti w’ibibazo.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igira iti “Amakimbirane akomeje kuba mu burasirazuba bwa DRC, by’umwihariko imirwano iremereye iri kubera mu nkengero za Goma, yasembuwe no kurenga ku gahenge byatewe n’igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyijwe n’Umutwe w’Abajenoside wa FDLR wafatiwe ibihano na UN, abacancuro b’Abanyaburayi, umutwe w’irondabwoko (Wazalendo), abasirikare b’u Burundi, ingabo za SAMIDRC ndetse n’abasirikare ba MONUSCO.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yakomeje igaruka ku byemejwe n’Umuryango w’Abibumbye by’urupfu rwa Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Maj Gen Peter Chirimwami, wiciwe mu mirwano yabereye i Sake, akaba yari asanzwe ari ikiraro gihuza ibikorwa bya FARDC na FDLR, bikaba byari bibangamiye umugambi wo gusenya FDLR.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iyi mirwano isatira umupaka w’u Rwanda ikomeje gutera impungenge ku mutekano w’u Rwanda n’ubusugire bwarwo, kandi byatumye u Rwanda rurushaho gukaza ubwirinzi.”

U Rwanda kandi rwaboneyeho kwibutsa ko kubura imirwano kwa M23 kwabayeho muri 2021, abayubuye bataturutse mu Rwanda, nubwo Guverinoma ya Congo yabirwegetseho igendeye ku kuba uyu mutwe wa M23 urwanirira uburenganzi bw’Abanyekongo b’Abatutsi, ikavuga ko bifitanye isano n’u Rwanda.

U Rwanda ruti “M23, nk’umutwe w’Abanyekongo wishyize hamwe kugira ngo urinde umuryango mugari mu burasirazuba bwa DRC ntukwiye gushinjwa kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo.”

Rwavuze kandi ko ihagaragara ry’ibiganiro by’i Luanda, byaje nyuma yuko Guverinoma ya DRC ihakanye ko itazaganira na M23, ndetse uku gutsimbarara ku kwanga gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ari byo ntandaro y’iyi mirwano ikomeje, bikaba bikomeje kugira ingaruka ku mutekano w’Ibihugu by’ibituranyi birimo n’u Rwanda.

Iri tangazo ry’u Rwanda rikagira riti “Abari bakwiye kugira uruhare mu kuzana umuti urambye, ntibakwiye kuba bamwe mu batera ibibazo.”

U Rwanda rusoza ruvuga ko rwiteguye kugira uruhare mu ishakwa ry’umuti binyuze mu nzira za Politiki, ruboneraho kuvuga ko n’ibiganiro ndetse n’amasezerano yasinyirwa i Luanda, ubwabyo bidahagije, ahubwo ko byagira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri hagati yarwo na DRC.

Amwe mu masezerano yari yagezweho hagati y’u Rwanda na DRC, harimo gusenya umutwe wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko ukaba ukomeje gukorana n’igisirikare cya DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake

Next Post

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
MU RWANDA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.