Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ihangayikishijwe n’ibyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariho imirwano ikarishye yabereye mu bice byegereye Umujyi wa Goma, n’ibikorwa birenga ku gahenge byakozwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryacyeye, aho u Rwanda rwavuze ko amatangazo akomeje gushyirwa hanze n’impande zinyuranye yaba ari Guverinoma ya DRC ndetse n’Ibihugu n’imiryango mpuzamhanga, adatanga umurongo, ndetse ubwayo adashobora gutanga umuti w’ibibazo.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igira iti “Amakimbirane akomeje kuba mu burasirazuba bwa DRC, by’umwihariko imirwano iremereye iri kubera mu nkengero za Goma, yasembuwe no kurenga ku gahenge byatewe n’igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyijwe n’Umutwe w’Abajenoside wa FDLR wafatiwe ibihano na UN, abacancuro b’Abanyaburayi, umutwe w’irondabwoko (Wazalendo), abasirikare b’u Burundi, ingabo za SAMIDRC ndetse n’abasirikare ba MONUSCO.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yakomeje igaruka ku byemejwe n’Umuryango w’Abibumbye by’urupfu rwa Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Maj Gen Peter Chirimwami, wiciwe mu mirwano yabereye i Sake, akaba yari asanzwe ari ikiraro gihuza ibikorwa bya FARDC na FDLR, bikaba byari bibangamiye umugambi wo gusenya FDLR.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iyi mirwano isatira umupaka w’u Rwanda ikomeje gutera impungenge ku mutekano w’u Rwanda n’ubusugire bwarwo, kandi byatumye u Rwanda rurushaho gukaza ubwirinzi.”

U Rwanda kandi rwaboneyeho kwibutsa ko kubura imirwano kwa M23 kwabayeho muri 2021, abayubuye bataturutse mu Rwanda, nubwo Guverinoma ya Congo yabirwegetseho igendeye ku kuba uyu mutwe wa M23 urwanirira uburenganzi bw’Abanyekongo b’Abatutsi, ikavuga ko bifitanye isano n’u Rwanda.

U Rwanda ruti “M23, nk’umutwe w’Abanyekongo wishyize hamwe kugira ngo urinde umuryango mugari mu burasirazuba bwa DRC ntukwiye gushinjwa kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo.”

Rwavuze kandi ko ihagaragara ry’ibiganiro by’i Luanda, byaje nyuma yuko Guverinoma ya DRC ihakanye ko itazaganira na M23, ndetse uku gutsimbarara ku kwanga gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ari byo ntandaro y’iyi mirwano ikomeje, bikaba bikomeje kugira ingaruka ku mutekano w’Ibihugu by’ibituranyi birimo n’u Rwanda.

Iri tangazo ry’u Rwanda rikagira riti “Abari bakwiye kugira uruhare mu kuzana umuti urambye, ntibakwiye kuba bamwe mu batera ibibazo.”

U Rwanda rusoza ruvuga ko rwiteguye kugira uruhare mu ishakwa ry’umuti binyuze mu nzira za Politiki, ruboneraho kuvuga ko n’ibiganiro ndetse n’amasezerano yasinyirwa i Luanda, ubwabyo bidahagije, ahubwo ko byagira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri hagati yarwo na DRC.

Amwe mu masezerano yari yagezweho hagati y’u Rwanda na DRC, harimo gusenya umutwe wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko ukaba ukomeje gukorana n’igisirikare cya DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 9 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake

Next Post

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.