Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Mahmoud Ali Youssouf watorewe kuba Perezida mushya wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, anashimira Moussa Faki Mahamat warangije manda ze.

Mahmoud Ali Youssouf wari usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Djibouti, ni we watorewe kuba Perezida mushya wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu matora yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, mu Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango yateranye ku wa Gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashimiye Mahmoud Ali Youssouf watorewe uyu mwanya wo kuyobora Komisiyo y’uyu Muryango.

Yagize ati “Ndashimira Perezida Mushya wacu wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe Mahmoud Ali Youssouf wabonye intsinzi mu itsinda ry’abandi bayobozi bo muri Afurika y’Iburasirazuba, benshi batewe ishema na Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira abandi batorewe imyanya inyuranye mu buyobozi bwa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, barimo Selma Malika Haddadi watorewe kuba Visi Perezida wayo. Ati “Bombi mbifurije kuzasohoza neza inshingano zabo nshya.”

Selma Malika Haddadi yatorewe uyu mwanya wo kuba Visi Perezida wa Komisiyo ya AU, asimbuye Umunyarwandakazi Dr Monique Nsanzabaganwa wari wazigiyeho muri 2021.

Perezida Kagame yakomeje anashimira Perezida wa Komisiyo ya AU ucyuye igihe, Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat, warangije manda ze ebyiri.

Ati “Ndashimira kandi byimazeyo Perezida ucyuye igihe Moussa Faki Mahamat wagize uruhare rukomeye mu kuzamura ubumwe bwa Afurika. Umuhate we mu kwimakaza amahoro n’iterambere, byagize uruhare mu kuzamura imikoranire ihamye hagati y’Ibihugu byacu. Adusigiye ubumwe buvuguruye bw’ibanze.”

Perezida Paul Kagame na we ashimirwa uruhare yagize mu mavugurura y’uyu Muryango wa Afurika Yunze, ubumwe aho inshingano yahawe zo kuyobora amavugurura yawo, zagenze neza, kandi zishimwa na buri wese.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 10 =

Previous Post

M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora

Next Post

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Related Posts

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

IZIHERUKA

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones
MU RWANDA

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.