Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye Mahmoud Ali Youssouf watorewe kuba Perezida mushya wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, anashimira Moussa Faki Mahamat warangije manda ze.

Mahmoud Ali Youssouf wari usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Djibouti, ni we watorewe kuba Perezida mushya wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu matora yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, mu Nteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango yateranye ku wa Gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashimiye Mahmoud Ali Youssouf watorewe uyu mwanya wo kuyobora Komisiyo y’uyu Muryango.

Yagize ati “Ndashimira Perezida Mushya wacu wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe Mahmoud Ali Youssouf wabonye intsinzi mu itsinda ry’abandi bayobozi bo muri Afurika y’Iburasirazuba, benshi batewe ishema na Afurika.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yaboneyeho gushimira abandi batorewe imyanya inyuranye mu buyobozi bwa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, barimo Selma Malika Haddadi watorewe kuba Visi Perezida wayo. Ati “Bombi mbifurije kuzasohoza neza inshingano zabo nshya.”

Selma Malika Haddadi yatorewe uyu mwanya wo kuba Visi Perezida wa Komisiyo ya AU, asimbuye Umunyarwandakazi Dr Monique Nsanzabaganwa wari wazigiyeho muri 2021.

Perezida Kagame yakomeje anashimira Perezida wa Komisiyo ya AU ucyuye igihe, Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat, warangije manda ze ebyiri.

Ati “Ndashimira kandi byimazeyo Perezida ucyuye igihe Moussa Faki Mahamat wagize uruhare rukomeye mu kuzamura ubumwe bwa Afurika. Umuhate we mu kwimakaza amahoro n’iterambere, byagize uruhare mu kuzamura imikoranire ihamye hagati y’Ibihugu byacu. Adusigiye ubumwe buvuguruye bw’ibanze.”

Perezida Paul Kagame na we ashimirwa uruhare yagize mu mavugurura y’uyu Muryango wa Afurika Yunze, ubumwe aho inshingano yahawe zo kuyobora amavugurura yawo, zagenze neza, kandi zishimwa na buri wese.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fourteen =

Previous Post

M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora

Next Post

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Rutsiro: Bahishuye impamvu abana babo barangiriza amashuri muri ‘Primaire’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.